BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Raporo y’ibanga ya UN itunga agatoki ingabo z’u Rwanda n’iza DR.Congo

Raporo y’ibanga ya UN itunga agatoki ingabo z’u Rwanda n’iza DR.Congo

admin
Last updated: August 4, 2022 6:06 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, amakuru ari muri raporo y’impuguku z’Umuryango w’Abibumbye, bivugwa ko ari ibanga yagiye hanze, iremeza ibirego u Rwanda na Congo bishinjanya mu ntambara nshya iheruka gutangizwa n’inyeshyamba za M23.

P.Kagame na Tshisekedi i Luanda bongeye gukorana mu ntoki (Archives)

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byemeza ko raporo y’izo mpuguke za UN yemeza ko zifite ibimenyetso bifatika bigaragaza ko “ingabo z’u Rwanda zakoze ibikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Congo hagati y’ukwezi kwa 11 mu mwaka wa 2021 n’ukwezi kwa karindwi k’umwaka wa 2022.

Raporo nk’uko Reuters ibivuga ishinja u Rwanda guha ubufasha inyeshyamba za M23 ubu zimaranye igihe umupaka wa Bunagana n’uduce dutandukanye twa Teritwari ya Rutshuru.

Iyi raporo inavuga ko ingabo za DR.Congo zafashije kandi zirwana ziri kumwe n’ihuriro ry’imitwe irimo uwa FDLR, urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse u Rwanda rufata nk’umutwe w’iterabwoba.

Leta y’u Rwanda cyangwa iya Congo ntibirasohora inyandiko yemera cyangwa ihakana ibiri muri raporo, gusa ibi bihugu bimaze iminsi bitarebana neza.

U Rwanda rushinja Congo gufatanya na FDLR mu kugaba ibitero ku butaka bwarwo, ndetse no kwitaza ibibazo by’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Congo yo ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 kubura imirwano ndetse no kuziha ibikoresho. Gusa, haba M23 n’u Rwanda ibi birego bagiye babihakana.

Nyuma yahoo ikibazo cya Congo n’u Rwanda gifashe intera, habayeho intambwe yo guhuza Abakuru b’ibihugu, Perezida Paul Kagame na Mugenzi we Felix Tshisekedi bikozwe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Nta masezerano yasinywe, nta guhagarika imirwano byemejwe – Biruta

IVOMO: REUTERS

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?