BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Raporo y’ibanga ya UN itunga agatoki ingabo z’u Rwanda n’iza DR.Congo

Raporo y’ibanga ya UN itunga agatoki ingabo z’u Rwanda n’iza DR.Congo

admin
Last updated: August 4, 2022 6:06 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, amakuru ari muri raporo y’impuguku z’Umuryango w’Abibumbye, bivugwa ko ari ibanga yagiye hanze, iremeza ibirego u Rwanda na Congo bishinjanya mu ntambara nshya iheruka gutangizwa n’inyeshyamba za M23.

P.Kagame na Tshisekedi i Luanda bongeye gukorana mu ntoki (Archives)

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byemeza ko raporo y’izo mpuguke za UN yemeza ko zifite ibimenyetso bifatika bigaragaza ko “ingabo z’u Rwanda zakoze ibikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Congo hagati y’ukwezi kwa 11 mu mwaka wa 2021 n’ukwezi kwa karindwi k’umwaka wa 2022.

Raporo nk’uko Reuters ibivuga ishinja u Rwanda guha ubufasha inyeshyamba za M23 ubu zimaranye igihe umupaka wa Bunagana n’uduce dutandukanye twa Teritwari ya Rutshuru.

Iyi raporo inavuga ko ingabo za DR.Congo zafashije kandi zirwana ziri kumwe n’ihuriro ry’imitwe irimo uwa FDLR, urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse u Rwanda rufata nk’umutwe w’iterabwoba.

Leta y’u Rwanda cyangwa iya Congo ntibirasohora inyandiko yemera cyangwa ihakana ibiri muri raporo, gusa ibi bihugu bimaze iminsi bitarebana neza.

U Rwanda rushinja Congo gufatanya na FDLR mu kugaba ibitero ku butaka bwarwo, ndetse no kwitaza ibibazo by’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Congo yo ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 kubura imirwano ndetse no kuziha ibikoresho. Gusa, haba M23 n’u Rwanda ibi birego bagiye babihakana.

Nyuma yahoo ikibazo cya Congo n’u Rwanda gifashe intera, habayeho intambwe yo guhuza Abakuru b’ibihugu, Perezida Paul Kagame na Mugenzi we Felix Tshisekedi bikozwe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Nta masezerano yasinywe, nta guhagarika imirwano byemejwe – Biruta

IVOMO: REUTERS

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?