BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Raporo y’ibanga ya UN itunga agatoki ingabo z’u Rwanda n’iza DR.Congo

Raporo y’ibanga ya UN itunga agatoki ingabo z’u Rwanda n’iza DR.Congo

admin
Last updated: August 4, 2022 6:06 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, amakuru ari muri raporo y’impuguku z’Umuryango w’Abibumbye, bivugwa ko ari ibanga yagiye hanze, iremeza ibirego u Rwanda na Congo bishinjanya mu ntambara nshya iheruka gutangizwa n’inyeshyamba za M23.

P.Kagame na Tshisekedi i Luanda bongeye gukorana mu ntoki (Archives)

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byemeza ko raporo y’izo mpuguke za UN yemeza ko zifite ibimenyetso bifatika bigaragaza ko “ingabo z’u Rwanda zakoze ibikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Congo hagati y’ukwezi kwa 11 mu mwaka wa 2021 n’ukwezi kwa karindwi k’umwaka wa 2022.

Raporo nk’uko Reuters ibivuga ishinja u Rwanda guha ubufasha inyeshyamba za M23 ubu zimaranye igihe umupaka wa Bunagana n’uduce dutandukanye twa Teritwari ya Rutshuru.

Iyi raporo inavuga ko ingabo za DR.Congo zafashije kandi zirwana ziri kumwe n’ihuriro ry’imitwe irimo uwa FDLR, urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse u Rwanda rufata nk’umutwe w’iterabwoba.

Leta y’u Rwanda cyangwa iya Congo ntibirasohora inyandiko yemera cyangwa ihakana ibiri muri raporo, gusa ibi bihugu bimaze iminsi bitarebana neza.

U Rwanda rushinja Congo gufatanya na FDLR mu kugaba ibitero ku butaka bwarwo, ndetse no kwitaza ibibazo by’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Congo yo ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 kubura imirwano ndetse no kuziha ibikoresho. Gusa, haba M23 n’u Rwanda ibi birego bagiye babihakana.

Nyuma yahoo ikibazo cya Congo n’u Rwanda gifashe intera, habayeho intambwe yo guhuza Abakuru b’ibihugu, Perezida Paul Kagame na Mugenzi we Felix Tshisekedi bikozwe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Nta masezerano yasinywe, nta guhagarika imirwano byemejwe – Biruta

IVOMO: REUTERS

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?