BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yashyize igorora abatoza b’abagore

Ferwafa yashyize igorora abatoza b’abagore

admin
Last updated: August 2, 2022 1:51 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, yahaye ubwasisi abatoza b’abagore bifuza gukorera Licence C CAF.

Abatoza b’abagore bafite Licence D bahawe ubwasisi na Ferwafa

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda haracyarimo kwitinya, bigera aho no gukorera ibyangombwa byo gutoza bikigenda biguruntege.

Kuba abatoza b’abagore babarizwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda bakigenda gahoro mu gushaka ubumenyi, biri mu mbogamizi uyu mupira ufite ariko uko iminsi yicuma hagenda hashakwa ibisubizo.

Aha niho Tumutoneshe Diane ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa, yabwiye UMUSEKE ko abatoza b’abagore bafite Licence D bifuza gukorera Licenc C CAF bazishyurirwa n’iri shyirahamwe.

Ati “Imwe mu mbogamizi dufite mu mupira w’amaguru w’abagore, harimo iyo kuba badakunda kwiga kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Gusa ubu nka Ferwafa twiyemeje kuzishyurira abafite Licence D bifuza gukorera C.”

Uyu Komiseri yakomeje avuga ko intego ye nk’uhagarariye inyungu z’umupira w’abagore muri Ferwafa, ari uko byibura mu myaka ibiri hazaba habonetse abatoza b’abagore 20 bafite nibura Licence C kandi bishoboka cyane kuko abahari ubu ari 13.

Muri Kamena, Ferwafa yasohoye itangazo risaba abifuza gukorera Licence C CAF, ko bagomba kubanza kwishyura ibihumbi 150 Frw kuri konti y’iri shyirahamwe.

Mu rwego rwo gukomeza gufasha abatoza b’abagore, ubwo Nkusi Edmond ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru muri Ferwafa yaganiraga na Bplus TV, yavuze ko bagiye kubashakira amahugurwa yihariye azaba atarimo abagabo.

Tumutoneshe Diane ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa yemeje ko bazishyurira abatoza b’abagore bazakorera Licence C CAF
Amakipe y’abagore aracyagaragaramo abatoza bake b’abagore

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?