BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yashyize igorora abatoza b’abagore

Ferwafa yashyize igorora abatoza b’abagore

admin
Last updated: August 2, 2022 1:51 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, yahaye ubwasisi abatoza b’abagore bifuza gukorera Licence C CAF.

Abatoza b’abagore bafite Licence D bahawe ubwasisi na Ferwafa

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda haracyarimo kwitinya, bigera aho no gukorera ibyangombwa byo gutoza bikigenda biguruntege.

Kuba abatoza b’abagore babarizwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda bakigenda gahoro mu gushaka ubumenyi, biri mu mbogamizi uyu mupira ufite ariko uko iminsi yicuma hagenda hashakwa ibisubizo.

Aha niho Tumutoneshe Diane ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa, yabwiye UMUSEKE ko abatoza b’abagore bafite Licence D bifuza gukorera Licenc C CAF bazishyurirwa n’iri shyirahamwe.

Ati “Imwe mu mbogamizi dufite mu mupira w’amaguru w’abagore, harimo iyo kuba badakunda kwiga kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Gusa ubu nka Ferwafa twiyemeje kuzishyurira abafite Licence D bifuza gukorera C.”

Uyu Komiseri yakomeje avuga ko intego ye nk’uhagarariye inyungu z’umupira w’abagore muri Ferwafa, ari uko byibura mu myaka ibiri hazaba habonetse abatoza b’abagore 20 bafite nibura Licence C kandi bishoboka cyane kuko abahari ubu ari 13.

Muri Kamena, Ferwafa yasohoye itangazo risaba abifuza gukorera Licence C CAF, ko bagomba kubanza kwishyura ibihumbi 150 Frw kuri konti y’iri shyirahamwe.

Mu rwego rwo gukomeza gufasha abatoza b’abagore, ubwo Nkusi Edmond ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru muri Ferwafa yaganiraga na Bplus TV, yavuze ko bagiye kubashakira amahugurwa yihariye azaba atarimo abagabo.

Tumutoneshe Diane ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa yemeje ko bazishyurira abatoza b’abagore bazakorera Licence C CAF
Amakipe y’abagore aracyagaragaramo abatoza bake b’abagore

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?