BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

Perezida Kagame yashyizeho Minisiteri Nshya, anasimbuza Minisitiri w’Ubucuruzi

admin
Last updated: July 30, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, ndetse ashyiraho Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda, ari we Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome ni we Minisitiri mushya w’Ubucuruzi n’Inganda

Dr Ngabitsinze yasimbuye Minisitiri Béata Uwamaliza Habyarimana wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda muri Werurwe, 2021.

Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri nshya yitwa, Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, anashyiraho Minisitiri wayo witwa Eric Rwigamba.

Dr Ildephonse Musafiri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi akaba asimbuye Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome.

Undi wahawe umwanya ni Dr Yvonne Umulisa wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri ishinzwe Ishoramari rya Leta.

 

Dr Ngabitsinze ni nde?

Muri Werurwe 2020 nibwo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari Umudepite yinjiye muri Guverinoma mu mpinduka nshya zakozwe na Perezida Paul Kagame aho yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Yize ibijyanye n’uru rwego aho afite impamyabumenyi y’ikirenga mu bukungu bushingiye ku buhinzi yakuye muri Kaminuza ya Milan mu Butaliyani.

Yigishije muri Kaminuza y’u Rwanda aho yatangaga n’ubundi amasomo y’ubuhinzi.

Yanabaye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo gishinzwe kuzamura ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB.

Béata Uwamaliza Habyarimana wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda kuva muri Werurwe, 2021

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?