BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Aug 3, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Zari Hassan yatangaje impamvu yatumye adakomeza umuziki

Zari Hassan yatangaje impamvu yatumye adakomeza umuziki

sam
Last updated: March 3, 2025 12:34 pm
sam
Share
SHARE

Abazi Zari Hassan mu myaka 15 ishize, bamwe bamumenye mu muziki ndetse yanakoze ibihangano bitandukanye byari bitangiye gukundwa n’abatari bake, gusa yageze aho awuvamo abari batangiye kumukunda bakurayo amaso.

Uyu mugore yakoze indirimbo zitandukanye zirimo iyo yise “Toloba”, “Hotter Than Them” n’izindi nke asa nk’ufungiye amaferi aho.

Zari Hassan yumvikanye mu itangazamakuru avuga impamvu yahisemo guhagarika urugendo rwe mu muziki, aho yatangaje ko yahisemo kureka umuziki kubera inshingano nyinshi yari afite icyo gihe.

Ati “Nari nshinzwe kuyobora ibiro bikuru by’aho nakoraga, nkagenzura amashami yacu atandukanye, nkita ku bana banjye[…] icyo gihe nari natangiye no kuririmba, kandi nagombaga guhitamo.”

Yemeye ko kwinjira mu muziki bitari ibintu yakundaga cyane, ahubwo yari yabikoze nk’inzira yari kumuha amahirwe yo kwinjira mu mwuga wo gukina filime.

Avuga ko yizeraga ko abatunganya filime bazamubona bakamuha amahirwe yo kugaragara muri sinema. Gusa, uko ibikorwa bye by’ubucuruzi n’imibereho y’umuryango we byamusabaga umwanya munini, byabaye ngombwa ko agira ibyo ahitamo umuziki awureka atyo.

Ati “Nagombaga kureka umuziki nkibanda ku bucuruzi no ku bana kuko byansabaga gukora ingendo nyinshi.”

Kuri ubu Zari afite abana batanu barimo batatu yabyaranye n’umunyemari Ssemwanga, ndetse akaba aribo yinjiye mu muziki afite. Aba bana barimo uwitwa Quincy, Raphael na Pinto.

Aba bombi bari barushinze mu 2011 ariko urukundo rwabo ntirwaramba kuko mu 2014 zari yahise yikundanira na Diamond Platnumz, ubu na we batandukanye bafitanye abana babiri. Ssemwanga ku wa 25 Gicurasi 2017, yaje kwitaba Imana.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ibinini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro byatangiye kugeragezwa

Nyuma y'uburyo bwari busanzweho bwo kuboneza urubyaro ku bagabo, nko gukoresha agakingirizo…

Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yishimiye gutembereza mu Biro by’Umukuru…

Gicumbi: Polisi yafashe abantu batanu bahungabanyaga umutekano

Polisi ikorera mu Murenge wa Cyumva mu Karere ka Gicumbi k bufatanye…

Inteko Ishinga mategeko y’u Rwanda wamaganiye kure amagambo ya Vital Kamerhe

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye imvugo za Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko…

Protais Mitali wabaye muri guverinoma y’u Rwanda yitabye Imana

Protais Mitali wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, yitabye Imana aguye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

2 Min Read
Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?