BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Yvan Buravan yashimiye abakomeje kumuba hafi mu burwayi bwe

Yvan Buravan yashimiye abakomeje kumuba hafi mu burwayi bwe

admin
Last updated: August 4, 2022 8:12 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Burabyo Buravan uzwi mu muziki Nyarwanda nka Yvan Buravan urimo kwivuriza mu gihugu cy’Ubuhinde yashimiye abakomeje kumuba hafi no kumusengera nyuma y’uko hakwijwe ibihuha byo kuba yitabye Imana.

Yvan Buravan yemeje ko arimo avurirwa hanze y’u Rwanda

Hashize iminsi hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru havugwa inkuru y’uburwayi bw’umuhanzi nyarwanda Yvan Buravan, ni mu gihe bamwe bavuga ko arembye ariko hakabura inkuru y’imvaho ku burwayi bwe ariko biza kumenyekana ko arwariye mu gihugu gituranyi cya Kenya.

Ibi byose byakurikiwe nuko kuri uyu wa Gatatu umwe mu banyamakuru hano mu Rwanda yanyuzaga ku rubuga rwe rwa Twitter ko Yvan Buravan yaba atakibarizwa ku isi y’abazima, gusa ibi byasamiwe hejuru n’abarimo abahanzi ari nako benshi babinyomoza ko ataribyo kuko nubwo arwaye ari muzima. Nyuma haje kumenyekana ko arimo ategurwa kujyanwa mu gihugu cy’Ubuhinde kwivurizayo aherekejwe na mukuru we.

Abinyujije kuri Instagaram, kuri uyu wa Kane, tariki 4 Kanama 2022, Yvan Buravan yashimiye abakunzi be, umuryango n’abandi bakomeje kumuba hafi mu bihe arimo by’uburwayi.

Yagize ati “Yvan Buravan yifuze kumunyesha inshuti, abafana ko ari hanze y’igihugu kwivuza. Ashimiye umuryango na guverinoma y’u Rwanda ku bufasha bwabo mu kwivuza kwe no gukomeza kumuzirikana mu isengesho no kumwifuriza gukira.”

Ubu butumwa bwongeye gutanga ihumure mu bahanzi, abafana n’abandi bari bari mu rujijo. Ibi bigaragazwa n’ubutumwa bwahise butangwa n’abahanzi n’abandi bakurikirana imyidagaduro mu Rwanda, bose bahurije mu kumwifuriza gukira vuba.

Nubwo bimeze gutya ariko uburwayi bwa Yvan Buravan buracyari urujijo kuko buri wese avuga uko abyumva kubera ko abo mu muryango we batarasobanura indwara arwaye idatuma hari n’abavuga ko ubuzima bwe bwaba buri hafi kuko arembye.

Yvan Buravan yagiye kuvurirwa muri Kenya tariki 18 Nyakanga 2022 nyuma y’iminsi avurirwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) ariko amakuru akavuga ko babuze indwara.

Buravan yaherukaga gushyira hanze album y’indirimbo 10 yise Twaje , aho harimo indirimo zakunzwe nka Gusakara, Ni Yesu n’izindi.

NKURUNZIZA JEAN BAPTISTE / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Nshimiyimana emmanuel says:
    August 5, 2022 at 7:16 am

    birababaje gusa turikumusengera imana imufashe akire vuba

    Reply
    • ishimwe claude says:
      August 5, 2022 at 7:32 am

      urakoze kumwifuriza gukira kandi imana iguhe umugisha

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?