BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Yacakiwe aha ruswa umupolisi ngo amuhe icyemezo cya contrôle technique

Yacakiwe aha ruswa umupolisi ngo amuhe icyemezo cya contrôle technique

admin
Last updated: October 9, 2022 11:18 am
admin
Share
SHARE

RWAMAGANA: Polisi yafashe umugabo ufite imyaka 49 y’amavuko ubwo yageragezaga guha ruswa y’ibihumbi 70 Frw umupolisi w’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda kugira ngo imodoka ye ihabwe icyangombwa cy’ubuziranenge.

Gashema Tumaini Yafatiwe mu cyuho aha ruswa umupolisi

Polisi yemeje itabwa muri yombi rya Gashema Tumaini nyuma y’uko yari amaze gukoresha isuzuma ry’imiterere y’ikamyo abereye umushoferi bikaza kugaragara ko itujuje ibisabwa byose ngo ihabwe ibyangombwa maze agashaka gutanga ruswa ngo abihabwe.

Ikigo gishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga cya Rwamagana cyari kimaze kuyisuzuma gisanga iyo modoka yo mu bwoko bw’ikamyo ifite ibibazo bya mekanike birimo kuba feri yaracomotse, kudakora neza kwa moteri imena amavuta na Parishoke yarakutse.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko yafatiwe mu cyuho ahagana ku isaha ya saa Cyenda z’igicamunsi cyo ku wa gatanu, agerageza guha umupolisi ruswa ngo imodoka ye ishyirwe mu zujuje ubuziranenge.

Yagize ati ” Aho kujya gukoresha imodoka, nyuma gato yaragarutse yegera umwe mu bapolisi, amusaba ko yamuha amafaranga kugira ngo imodoka ihabwe icyangombwa, nibwo yamuherezaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70, umupolisi abimenyesha abamukuriye niko guhita afatwa arafungwa.”

Akimara gufatwa yavuze ko amafaranga yari ayahawe n’uwitwa Nteziryayo Jean D’Amour ushinzwe gukurikirana iyo Kamyo yakoreshwaga mu bucuruzi ngo ayatange imodoka ikomeze akazi.

SP Twizeyimana yanenze abagifite imyumvire yo kumva ko batanga amafaranga kugira ngo bahabwe serivisi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati: “Niba uje gusuzumisha ikinyabiziga ugasanga hari ibyo kitujuje mu buziranenge bwacyo  si ukuvuga ko gitaye agaciro, usabwa guhita ujya kugikoresha ukagaruka ukabona guhabwa icyangombwa. Gutekereza gutanga ruswa ngo wemererwe kugisubiza mu muhanda ni ugushyira mu kaga ubuzima bwawe n’ubw’abandi bakoresha umuhanda.”

Gashema n’amafaranga yafatanywe, yashyikirijwe urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kigabiro kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha akurikiranyweho mu gihe Nteziryayo agishakishwa.

Itegeko rihana ruswa mu ngingo yaryo ya kane riteganya ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu, iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Ibihano bivugwa muri iyi ngingo ni na byo bihabwa umuntu wese utanga cyangwa usezeranya gutanga, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu kugira ngo hatangwe cyangwa hadatangwa serivise.

Icyemezo cy’ubugenzuzi bw’imiterere y’ibinyabiziga gishyirwaho n’ Iteka rya Perezida n° 85/01 ryo ku wa 02/09/2002 rishyiraho amabwiriza rusange agenga imihanda n’uburyo bwo kuyigendamo.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Mike says:
    October 11, 2022 at 4:21 am

    Nawe Niba mufungire murugo iwe nka byabifi binin.hhhhhhh

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

2 Min Read
Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
Ubutabera

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga batawe muri yombi

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?