BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > William Ruto yarahiriye kuyobora Kenya

William Ruto yarahiriye kuyobora Kenya

admin
Last updated: September 13, 2022 2:03 pm
admin
Share
SHARE

William Ruto yarahiriye kuba umukuru w’igihugu cya Kenya kuri uyu wa kabiri asimbuye Uhuru Kenyatta wari Perezida w’icyo gihugu mu myaka 10 ishize.

Perezida William Ruto yarahiriye kuba umukuru w’igihugu wa Kenya

Uhuru Kenyatta wari visi perezida wa Kenyatta, yatangajwe ko yatsinze amatora muri Kenya ku wa 9 Nzeri 2022.

Raila Odinga, bari bahanganye yahakanye ibyavuye mu matora arega mu Rukiko rw’Ikirenga rwaje gushimangira ko William Ruto ariwe watsinze.

Abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC bose bitabiriye irahira rya William Ruto, ubaye Perezida wa gatanu wa Kenya.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa AU, Moussa Faki Mahamat yavuze ko yagize amahirwe yo guhamya ubundi buryo bwo “guhererekanya ubutegetsi mu mahoro muri Kenya.”

Yunzemo ko ari ikintu kirambye kiranga politiki yo muri kiriya gihugu aho ubumwe ari ingabo ibunganira.

Abantu basaga ibihumbi 60 biganjemo abashyigikiye Perezida mushya, bari bambaye imyambaro y’icyatsi n’umuhondo babyina indirimbo zo kumushimagiza.

Bavuga ko ari umucunguzi wa rubanda rugufi akaba n’umugabo usobanukiwe umubabaro n’ubuzima bw’abanya-Kenya.

Polisi muri Kenya yari yasabye abaturage gukurikira umuhango bari mungo zabo nyuma y’uko saa 05:00 za mugitondo Stade yari yuzuye.

Nyuma yo kurahira Nyakubahwa Perezida William Ruto yagize ati “Uyu ni umunsi Uwiteka yaremye, reka twishime kandi tunezerwe.”

Perezida William Ruto avuga ko azaba perezida wose nta kuvangura

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • karame says:
    September 13, 2022 at 4:46 pm

    Presidents benshi barahirira kuli Bible.Ikibazo nuko nyuma yaho benshi muli bo bakora ibyo bible itubuza.Urugero,president George Bush yarahiriye kuli bible,nyuma atera Irak yica abantu batabarika.Usanga ubukristu butajyana na politike.Muli politike haberamo inzangano,intambara,ubwicanyi,kwikubira,etc…,nyamara Imana ibitubuza.Niyo mpamvu Yesu yabujije abakristu nyakuli kwivanga mu by’isi,ahubwo bagashaka ubwami bw’imana,buzaza ku munsi wa nyuma,bugakuraho ubutegetsi bw’abantu,akaba aribwo butegeka iteka ryose nkuko Daniel 2:44 havuga.Hagati aho,Imana ireka abantu bagategeka isi,kugirango mu isi habeho order.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?