BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Volleyball: REG na Gisagara biri gucayuka, APR yahigitse abandi bakobwa

Volleyball: REG na Gisagara biri gucayuka, APR yahigitse abandi bakobwa

admin
Last updated: January 9, 2023 11:27 am
admin
Share
SHARE

Mu gihe habura umukino umwe ngo shampiyona y’icyiciro cya Mbere muri Volleyball isozwe, ikipe ya APR Women Volleyball Club yegukanye igikombe mu cyiciro cy’abagore, mu gihe mu bagabo ho REG VC na Gisagara VC rukigeretse.

REG VC irakoze imitwe y’intoki ku gikombe cya shampiyona

Ni nyuma y’imikino yabaye ku Cyumweru tariki ya 8 Mutarama 2022, ubwo hasozwaga imikino y’agace ka Karindwi yari yakiniwe muri IPRC-Ngoma mu minsi ibiri.

Ikipe ya APR WVC yitwaye neza guhera mu mwaka ushize, yongeye kubishimangira ubwo yatsindaga Forefront WVC amaseti 3-1 ku mukino wa nyuma wanatumye ihita yegukana igikombe cya shampiyona n’ubwo habura imikino y’agace ka nyuma.

Seti ya mbere yatsinzwe na Forefront WVC ku manota 25 kuri 21, ariko irigaranzurwa mu zindi seti iratsindwa (25-22, 25-14 na 25-13).

Iyi kipe y’Ingabo yari imaze iminsi yizeye kwegukana igikombe kuko yabigezeho ubwo yatwaraga agace ka Gatandatu kakiniwe mu Ruhango mu mpera z’umwaka ushize. Gusa, yaburaga kwitabira kamwe mu duce tubiri twari dusigaye.

Mu Bagabo, REG VC yakosoye amakosa yakoreye mu Ruhango, isatira Igikombe cya Shampiyona nyuma yo gutsinda mukeba, Gisagara VC, amaseti 3-2 (25-20, 23-25, 25-17, 17-25, 15-12) ku mukino wa nyuma.

Kuri ubu, REG VC iyoboye urutonde rusange n’amanota 49, ikurikiwe na Gisagara VC ifite amanota 48 ku mwanya wa kabiri.

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu isabwa byibuze kugera ku mukino wa nyuma mu gace ka nyuma, ka munani, gashobora kuzakinirwa i Kigali ku matariki ataratangazwa.

Kunganya amanota kw’aya makipe abiri ya mbere mu bagabo, bizaha amahirwe REG VC yitwaye neza mu duce twinshi twakinwe.

REG VC yongeye guha Gisagara VC akazi gakomeye
REG VC na Gisagara VC zagaragaje ko Volleyball igihari
APR WVC yegukanye igikombe cya shampiyona mu bagore
APR WVC yari yabanje kubisengera
Shampiyona ya Volleyball ikomeje kuryohera abakunzi b’uyu mukino
Forefront WVC ntako atagize ariko biranga
Forefront na APR WVC zabanje guhangana
Abaturage b’i Ngoma bari baryohewe n’imikino ya Volleyball

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?