BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Virus ya Ebola yugarije Uganda yarihinduranyije

Virus ya Ebola yugarije Uganda yarihinduranyije

admin
Last updated: October 7, 2022 9:09 am
admin
Share
SHARE

Abashakashatsi bavuze ko virus ya Ebola irimo kwica abantu muri Uganda yihinduranyije.

Uwarwaye Ebola yitabwaho mu buryo bwihariye nta muntu umukozaho intoki na we ahita yandura

Prof Pontiano Kaleebu wo mu kigo gishinzwe gukora ubushakashatsi kuri virus (Uganda Virus Research Institute) avuga ko nubwo bimeze kuriya nta bimenyetso bihari ko Ebola nshya yandura cyane kurusha iyo yakomotseho.

BBC ivuga ko impagararizi (samples) zafashwe ku bantu bamaze kumenyakana ko banduye muri iki gihe hari icyorezo gishya zizajyanwa gupimishwa kugira ngo hamenyekane inkomoko nyayo ya Ebola imaze kuvugwa mu turere dutanu muri Uganda.

Kugeza ubu abantu 44 batahuweho Ebola muri bo 10 yarabahitanye.

Abashakashatsi bareba inkomoko ya Ebola nshya bavuga ko ibiyigize bisa n’ibya Ebola iyigeze kwaduka mu myaka 10 ishize muri kariya gace.

Icyo gihe umuntu umwe yaramuhitanye.

Ubushakashatsi bwakorewe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bugaragaza ko icyorezo cya Ebola gishobora kwaduka nyuma y’imyaka nibura ibiri, icya mbere cyari cyarangiye.

Abahanga bavuga ko bishoboka ko icyorezo gishya cya Ebola cyaturutse ku nyamaswa yanduje umuntu.

Barasiganwa n’igihe ngo bashakishe umuntu wa mbere wanduye iyi virus nshya, ndetse n’abantu ba mbere yahuye na bo.

Ibyo ngo byafasha cyane abashakashatsi kumenya neza uburyo icyorezo cyatangiye.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?