BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

sam
Last updated: May 22, 2025 12:13 pm
sam
Share
SHARE

Vincent Murekezi uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akekwaho kuba yarakoreye mu Karere ka Huye, yavuze ko yahabwa amezi atatu yo gushaka umwunganira mu mategeko kuko uwamwunganiraga yivanye mu rubanza.

Ubwo perezida w’inteko iburanisha yabanje guha ijambo Murekezi Vincent yavuze ko yaje kuburana ariko nta mwunganizi mu mategeko afite, aho yemeje ko atazi icyatumye uwamwunganiraga yikura mu rubanza.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kuburana afite umwunganizi byemewe n’itegeko nshinga ari uburenganzira bw’umuburanyi.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru mu Rwanda rwafashe umwanzuro rusubika urubanza, rukazaburanishwa taliki ya 09 Nzeri, 2025 .

Vincent yagaragarije urukiko n’ubushinjacyaha ko kuvugana n’abagize umuryango we ari ikibazo kuko uri hanze y’u Rwanda, bisaba kuvugana rimwe mu kwezi na byo ugasanga bitoroshye , bumwizeza ko bazamufasha akavugana n’umuryango we kenshi kugira ngo abone amafaranga n’umwunganizi mu mategeko.

Murekezi Vincent yoherejwe mu Rwanda  n’igihugu cya Malawi mu mwaka wa 2019 kugira ngo arangize igihano yari yarakatiwe n’inkiko  zo mu gihugu cya Malawi.

Murekezi Vincent yahamwe n’ibyaha birimo kunyereza imisoro, impapuro mpimbano ndetse na ruswa.

Murekezi Vincent kandi aregwa ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bikekwa ko yabikoreye mu cyahoze ari Purefegitura ya Butare, ubu ni mu karere ka Huye aho yaburanye mu rukiko rwisumbuye rwa Huye akatirwa igihano cy’igifungo cya burundu.

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 3 cy’Abanyarwanda  642 bari impunzi muri Repubulika…

Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

Vincent Murekezi uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akekwaho kuba…

U Rwanda n’u Bufaransa baganiriye ku kibazo cy’umutekano mu karere

Leta y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa baganiriye ku bijyanye n’ubufatanye ndetse n’ibibazo by’umutekano…

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Bishop Gafaranga yagejejwe imbere y’urukiko

1 Min Read
Ubutabera

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

1 Min Read
Ubutabera

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

1 Min Read
Ubutabera

 U Bufaransa bwahagaritse iperereza bwakoraga kuri Agathe Kanziga

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?