BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Uwasenyeye Karera Hassan yagaragaye ari mu buriri na Rwatubyaye

Uwasenyeye Karera Hassan yagaragaye ari mu buriri na Rwatubyaye

admin
Last updated: November 14, 2022 12:16 pm
admin
Share
SHARE

Liliane uzwi nka Lily wasenyeye myugariro Karera Hassan, yashyize hanze amashusho ari mu bihe byiza mu buriri na kapiteni wa Rayon Sports, Rwatubyaye Abdoul.

Lilly na Rwatubyaye bagiranye ibihe byiza mu buriri

Ni amashusho yashyizwe hanze n’uyu mukobwa witwa Liliane uzwi nka Lilly ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mukobwa yasangije abamukurikira kuri WhatsApp asomana na Rwatubyaye arangije agira ati “I miss my baby”, amagambo yumvikanisha urwo akumbuye uyu mukinnyi.

Lilly yagiranye ibihe byiza n’uyu myugariro, nyuma y’uko amaze iminsi mu Rwanda mu biruhuko cyane ko asanzwe atuye ku mugabane w’i Burayi.

Aya mashusho agiye hanze nyuma yo kuba mu minsi ishize uyu mukobwa yaritangarije ko ari mu rukundo na Karera Hassan nyuma yo kumutandukanya na Umutoni Diane basezeranye.

Ibi byabaye nyuma y’aho Lilly asohoreye amashusho ari kugirana ibihe byiza na Karera ku munsi mukuru w’amavuko w’uyu mukinnyi wakiniye amakipe nka APR FC na Kiyovu Sports.

Uyu Lilly wagaragaye asomana na Rwatubyaye, yari aherutse gutungwa urutoki nk’uwagize uruhare mu gusenyera Karera Hassan umaze igihe yimukiye muri Finland.

Nyuma yo gutangaza ko yatandukanye na Karera, uyu mugore yaje kwibasirwa na Lilly amushinja kumuharabika ko yamutwariye umugabo nyamara we nta ruhare yagize mu itandukana ry’urugo rwabo.

Nyuma y’uko ayo mashusho agiye hanze, byababaje cyane uwari umugore wa Karera ahita yerura iby’uko batandukanye.

Kugeza ubu ntacyo Rwatubyaye aravuga kuri aya mashusho ndetse no kuba ari mu rukundo na Lilly, ariko ibimenyetso byose byerekana ko aba bombi batangiye urugendo rw’urukundo.

Uyu kapiteni wa Rayon Sports, yaherukaga kujya mu rukundo na Hamida uherutse kwitaba Imana.

Lilly akomeje kwereka Isi ko anyuzwe na Rwatubyaye Abdoul
Ni umukobwa ukurura abakinnyi bo mu Rwanda
Lilly akomeje gutandukanya abashakanye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • IGIRANEZA Eugene says:
    November 15, 2022 at 10:40 pm

    Bibere isomo n’abandi bajye bagendera inzira imwe bareke gushurashura no guca inyuma abakunzi babo na Rwatubyaye namubwira ngo Pole.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Post Malone yatandukanye n’umukunzi we

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?