BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uwahoze ari Umudepite mu Bwongereza yasabye ko amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda yasubukurwa

Uwahoze ari Umudepite mu Bwongereza yasabye ko amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda yasubukurwa

sam
Last updated: May 12, 2025 11:09 am
sam
Share
SHARE

Tom Tugendhat wabaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yasabye igihugu cye kubyutsa ubufatanye cyari gifitanye n’u Rwanda mu bijyanye n’abimukira.

Uyu mugabo usanzwe ubarizwa no mu ishyaka ry’Aba-Conservateurs yavuze ko amasezerano u Bwongereza bwari bwarasinye, abwemerera kohereza abimukira babwinjiyemo binyuranyije n’amategeko mu Rwanda, ariyo yonyine yari gutanga igisubizo gifatika.

Ati “Hejuru y’inenge zose zishobora kuyabamo, nibwo buryo bwa mbere bushoboka bwari gutanga inzira yo guhangana n’abaza mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, badafite impamvu ifatika yabahesha ubuhungiro ariko nanone badashobora kwakirwa n’ibihugu baturutsemo.”

Yakomeje avuga ko u Bwongereza bukwiriye kubyutsa aya masezerano ariko bugakorana bya hafi n’ibindi bihugu by’i Burayi bibyifuza.

Ati “Igisubizo cyiza ni uko twashyira muri iyi gahunda n’abahoze ari abafatanyabikorwa bacu bo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi babyifuza. Kuvuga gusa ibijyanye no kurwanya aya matsinda y’abantu babi bacuruza abandi, ntabwo bibaca intege na gato.”

Tugendhat yavuze ko kimwe mu byo u Bwongereza bukwiriye gukora ari ukuvugurura amasezerano bwashyizeho umukono ajyanye n’uburenganzira bwa muntu, kugira ngo inkiko zitazongera kwitambika amasezerano bwari bufitanye n’u Rwanda.

Uyu mugabo atangaje ibi nyuma y’igihe Guverinoma y’u Bwongereza iyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ifashe icyemezo cyo guhagarika kohereza abimukira mu Rwanda, gahunda yari yaratangijwe n’abo yasimbuye ku butegetsi.

Kuri ubu Minisitiri w’Intebe Starmer asa n’uri ku gitutu cy’abanyepolitike bakomeye mu Bwongereza bamushinja gutesha agaciro aya masezerano nta kindi gisubizo afite kirambye ku kibazo cy’abimukira.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Igisirikare cya Sudani kivuga ko cyirukanye burundu umutwe wa RSF muri leta ya Khartoum

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais Ndirakobuca

1 Min Read
Mu mahanga

Joseph Kabila wabaye perezida wa DRC yahamagajwe na Sena  i Kinshasa

1 Min Read
Mu mahanga

CENCO yanenze leta ya Kinshasa gufunga bank n’ibibuga by’indege mu bice AFC/M23 igenzura

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?