BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Nov 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uruzinduko rwa perezida Evariste Ndayishimiye I Kinshasa ruhatse iki?

Uruzinduko rwa perezida Evariste Ndayishimiye I Kinshasa ruhatse iki?

sam
Last updated: May 26, 2025 9:42 am
sam
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, kuri iki Cyumweru, yerekeje i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakirwa na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi uyobora RDC.

Bagiranye ibiganiro bigamije gutegura Inama y’Akarere yiga ku mutekano wa RDC n’uw’Akarere muri rusange, izateranira i Kampala muri Uganda tariki 28 Gicurasi 2025. Icyakora, ibyo Abakuru b’Ibihugu byombi baganiriyeho ntibyigeze bitangazwa.

Baganiriye kandi ku ivugururwa ry’amasezerano yo mu kwezi kwa Kanama 2023, yashingiweho hoherezwa ingabo z’u Burundi mu mirwano mu Burasirazuba bwa RD Congo.

Uru rugamba rwaranzwe n’ibibazo uruhuri ku ngabo z’u Burundi, aho bwapfushije abasirikare benshi, abandi barakomereka, ndetse hari n’abafashwe mpiri na M23.

Hari kandi abasirikare b’u Burundi bagize ubwoba, banga kujya ku rugamba, batabwa muri yombi bashinjwa kugira imyitwarire mibi.

Perezida Ndayishimiye na Tshisekedi banaganiriye ku myiteguro y’Inama ya 12 izaba muri Uganda ku wa 28 Gicurasi 2025, igamije gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro n’umutekano muri RDC.

Ibi bihugu bimaze igihe bifitanye ubucuti n’ubufatanye mu kurwanya umutwe wa AFC/M23 nubwo wabarushije ingufu ukabambura ndetse ukaba ugenzura ibice bimwe na bimwe bya RDC.

Hari amakuru avuga ko Tshisekedi yemeye kuzamura amafaranga agenerwa abasirikare b’u Burundi, ndetse anamuha amabuye y’agaciro kugira ngo arinde umujyi wa Uvira ku kiguzi icyo ari cyo cyose.

Umuyobozi w’Umutwe wa M23 mu rwego rwa Politiki, Bertrand Bisiim mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru ku Cyumweru , yaburiye Ingabo z’u Burundi ziri muri RDC ko zikwiriye gutaha, azibutsa ko iyo abantu barwanira uburenganzira bwabo, nta kintu na kimwe cyo guhomba baba bafite.

Abarundi bakomeje ibikorwa byo kwatsa umuriro w’imirwano mu bitero bigabwa mu misozi ya Uvira babifashijwemo n’ihuriro ry’ingabo za Kinshasa.

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo…

Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DRC wari…

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we…

Musanze: Polisi yafunze uwengaga umutobe wiswe ‘Ndakubiwe’, imena litiro 80 zawo

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, ku bufatanye n’abaturage bo mu Murenge…

Ruhango: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Polisi ikorera mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango ku bufatanye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC na AFC/M23 bateye intambe ikomeye izabafasha kubera ku mahoro arambye

2 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?