BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 29, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uruzinduko rwa perezida Evariste Ndayishimiye I Kinshasa ruhatse iki?

Uruzinduko rwa perezida Evariste Ndayishimiye I Kinshasa ruhatse iki?

sam
Last updated: May 26, 2025 9:42 am
sam
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, kuri iki Cyumweru, yerekeje i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakirwa na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi uyobora RDC.

Bagiranye ibiganiro bigamije gutegura Inama y’Akarere yiga ku mutekano wa RDC n’uw’Akarere muri rusange, izateranira i Kampala muri Uganda tariki 28 Gicurasi 2025. Icyakora, ibyo Abakuru b’Ibihugu byombi baganiriyeho ntibyigeze bitangazwa.

Baganiriye kandi ku ivugururwa ry’amasezerano yo mu kwezi kwa Kanama 2023, yashingiweho hoherezwa ingabo z’u Burundi mu mirwano mu Burasirazuba bwa RD Congo.

Uru rugamba rwaranzwe n’ibibazo uruhuri ku ngabo z’u Burundi, aho bwapfushije abasirikare benshi, abandi barakomereka, ndetse hari n’abafashwe mpiri na M23.

Hari kandi abasirikare b’u Burundi bagize ubwoba, banga kujya ku rugamba, batabwa muri yombi bashinjwa kugira imyitwarire mibi.

Perezida Ndayishimiye na Tshisekedi banaganiriye ku myiteguro y’Inama ya 12 izaba muri Uganda ku wa 28 Gicurasi 2025, igamije gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro n’umutekano muri RDC.

Ibi bihugu bimaze igihe bifitanye ubucuti n’ubufatanye mu kurwanya umutwe wa AFC/M23 nubwo wabarushije ingufu ukabambura ndetse ukaba ugenzura ibice bimwe na bimwe bya RDC.

Hari amakuru avuga ko Tshisekedi yemeye kuzamura amafaranga agenerwa abasirikare b’u Burundi, ndetse anamuha amabuye y’agaciro kugira ngo arinde umujyi wa Uvira ku kiguzi icyo ari cyo cyose.

Umuyobozi w’Umutwe wa M23 mu rwego rwa Politiki, Bertrand Bisiim mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru ku Cyumweru , yaburiye Ingabo z’u Burundi ziri muri RDC ko zikwiriye gutaha, azibutsa ko iyo abantu barwanira uburenganzira bwabo, nta kintu na kimwe cyo guhomba baba bafite.

Abarundi bakomeje ibikorwa byo kwatsa umuriro w’imirwano mu bitero bigabwa mu misozi ya Uvira babifashijwemo n’ihuriro ry’ingabo za Kinshasa.

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kabila yaganiriye n’abayobozi ba AFC/M23

Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza…

Leta ya RDC yashoye miliyari y’Amadolari mu nzego z’umutekano mu 2025

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwashoye miliyari 1 y’Amadolari ya…

Gen (Rtd) Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’umutekano wa RDC n’akarere i Kampala

‎Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe,…

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na perezida wa Kazakhstan Tokayev

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev bagiranye ibiganiro…

Amnesty International yashinjije AFC / M23 ibyaha by’intambara bikorerwa  abasivili mu burasirazuba bwa DRC

Umuryango Amnesty International ku wa kabiri, tariki ya 27 Gicurasi, washinjije  AFC…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Joseph Kabila yanenze ubutegetsi bwa Tshisekedi nyuma yo kumwambura ubudahangarwa

2 Min Read
Politike

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

1 Min Read
Politike

RDC yashyizeho komisiyo idasanzwe ishinzwe gusuzuma icyemezo cyo gukuraho ubudahangarwa  Joseph Kabila .

1 Min Read
Politike

Minisitiri Kayikwamba yongeye gushinja u Rwanda guhungabanya umutekano wa DRC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?