BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Urubyiruko ruri kwisonga mu bagerageza kwiyahura mu Rwanda

Urubyiruko ruri kwisonga mu bagerageza kwiyahura mu Rwanda

sam
Last updated: September 11, 2025 2:38 pm
sam
Share
SHARE

Ku wa 10 Nzeri 2024, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Kwiyahura, wibanda ku gukangurira abantu kumenya ububi bwo kwiyahura, kurwanya ipfunwe riturukaho no guteza imbere ibikorwa bigamije kubaka umuryango usigasira ubuzima.

Imibare ya Rwanda Biomedical Centre (RBC) igaragaza ko mu mwaka wa 2024 hagaragaye abantu 602 bagerageje kwiyahura bakajyanwa mu bigo nderabuzima n’amavuriro atandukanye. Muri bo, 51.67% bari abagore mu gihe 48.33% bari abagabo. Ku bijyanye n’imyaka, 16.8% bari munsi y’imyaka 18, 51.3% bari hagati y’imyaka 19 na 35 naho 32% bari hejuru y’imyaka 35.

Dr. Jean Damascène Iyamuremye, Umuyobozi ushinzwe ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe muri RBC, yavuze ko impamvu nyinshi ziganisha abantu ku kwiyahura zirimo amakimbirane yo mu miryango, kubura inkunga y’umuryango, ibibazo by’ubukungu, indwara zo mu mutwe, ibibazo by’amasomo cyangwa akazi, indwara zidakira ndetse n’ibibazo by’amategeko.

Yagize ati: “Ibikomere byo mu mutima abantu bahura nabyo akenshi ntibigaragara hakiri kare, kugeza bikomeye. Ni yo mpamvu dukangurira abantu kudahangana n’ibibazo bonyine, kuko no kuganira bigufasha kubona umuti w’ibikomere byo mu mutima.”

Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, RBC yashyizeho gahunda zitandukanye zirimo kwagura serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe ku bigo nderabuzima, ku bitaro by’uturere ndetse no ku bitaro bikuru, hamwe no guhugura abajyanama b’ubuzima ngo bamenye ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe. Hanashyizweho umurongo wa telefoni 116 utishyurwa, ufasha abantu bafite ibibazo byihariye amasaha 24 kuri 24.

Dr. Iyamuremye yavuze ko RBC iri gushyira imbaraga mu gutahura hakiri kare abafite ibibazo, kongera ibikorwa byo kwigisha abaturage kugira ngo bavaneho ipfunwe rifitanye isano n’indwara zo mu mutwe, kongera ubufasha mu mavuriro y’ibanze no guhugura abaganga mu bijyanye no gukumira kwiyahura no guhangana n’ihungabana.

Yavuze kandi ko hari gahunda zigenewe amatsinda afite ibyago byinshi arimo urubyiruko, abarwaye indwara zidakira n’abakozi. Ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi, kuva mu 2018 hashyizweho gahunda z’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe mu mashuri hagamijwe gufasha abanyeshuri hakiri kare.

Jane Gatete Abatoni, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa ARCT-Ruhuka, yavuze ko kwiyahura atari igikorwa kibaho ako kanya ahubwo gikunze guturuka ku bwiyongere bw’ibibazo, ubwigunge n’ibikomere by’igihe kirekire. Yagaragaje ko ibimenyetso birimo kwitandukanya n’inshuti n’umuryango, gusezera ku bantu, gutanga ibintu nk’impano cyangwa kwishora mu bikorwa bifite ingaruka mbi bishobora kuba ikimenyetso gikomeye.

Abatoni yongeyeho ko abantu bafite amateka y’ihungabana, abafite indwara zo mu mutwe cyangwa abahuye n’ihohoterwa mu bwana na bo baba bafite ibyago byinshi. Ati: “Iyo umuntu yumvise ko ari igice cy’umuryango, umwuka wo kumva ko atari wenyine ushobora kugabanya ubwigunge n’agahinda gashobora kumutera gutekereza kwiyambura ubuzima.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique asuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mocímboa da Praia

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abandi banyarwanda baturutse muri DRC barenga 300

1 Min Read
Mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kujya hapimwa ADN z’ibimera n’inyamaswa

3 Min Read
Mu Rwanda

Umurambo w’umusore w’i Rusizi wari waraheze mu Burundi wagejejwe mu Rwanda

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?