BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Urubanza rwa Prince Kid rwajemo ingingo nshya, ntirwasomwa

Urubanza rwa Prince Kid rwajemo ingingo nshya, ntirwasomwa

admin
Last updated: October 28, 2022 9:15 pm
admin
Share
SHARE

Byari biteganyijwe ko urubanza rwa ISHIMWE Dieudonne uzwi nka Prince Kid, wateguraga amarushanwa ya Miss Rwanda akaza gufungwa akekwaho gusambanya abakobwa bayitabiriye, rusomwa ariko si ko byagenze.

Prince Kid mu rukiko bamukuramo amapingu (Archives)

Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul wari ku rukiko i Nyamirambo, avuga ko mu mwanya muto, Umucamanza yavuze ko yafashe icyemezo cy’uko ashaka, we ubwe kumva abatangabuhamya mu rubanza rwa Prince Kid.

Mu bihe byahise, abatangabuhamya, ibyashingiweho ibirego babivugiye mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, (RIB) no mu Bushinjacyaha.

Umucamanza yategetse ko urubanza ruzabera ku ku ikoranabuhanga rya Skype, ariko mu muhezo.

Prince Kid azaba ari muri Gereza ya Nyarugenge, naho abatangabuhamya bari ku rukiko, cyangwa bari mu ngo iwabo ariko bakoresheje Skype.

Urubanza rwari rwapfundikiwe, ndetse Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kuzahanisha ISHIMWE Dieudonne igifungo cy’imyaka 16, igihe yahamwa n’icyaha, bivuze ko rupfunduwe, ruzakasubukurwa tariki 15 /11/ 2022.

 

Uwunganira ISHIMWE Dieudonne ati “Ndumva nizeye ubutabera bwacu..”

Me Kayijuka Ngabo umwe mu banyamategeko bunganira ISHIMWE Dieudonne, yavuze ko nta kibazo afite ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko no kuba bazongera kuburanira mu muhezo.

Ati “Nta kibazo biteye. Ibyo twifuzaga twari twabisabye mbere. Twasabye kuburanira mu ruhame, ntibabiduha, ubu rero ni ugukurikiza ubushake bw’urukiko.”

Me Kayijuka Ngabo yongeyeho ati “Ndumva nizeye ubutabera bwacu reka dutegereza, kandi ibyo nkubwira ni ukuri.”

Tariki 05 Ukwakira, 2022 ISHIMWE Dieudonne yari yitabye Urukiko rutegeka ko aburanira mu muhezo.

Amakuru twaje kumenya ni uko yasabiwe gufungwa imyaka 16.

Prince Kid Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha kimwe, Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Yatabwa muri yombi muri Gicurasi 2022 aburana ahakana icyaha ashinjwa, agasaba ubutabera kukimuhanaguraho.

Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze

NKUNDINEZA Jean Paul /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    October 29, 2022 at 6:44 pm

    Agahato ni iki? Twumvise uko uwo mukobwa wareze yasabye amafaranga mbere y’imibonano. twumva ukuntu yagiye yijyana kwa Prince Kid inshuro nyinshi. Ese aho abantu bazi icyo gufata ku ngufu bivuga? Gusa urubanza rurimo umwana w’umujenerali ruzagorana!

    Reply
  • Jonh says:
    October 29, 2022 at 8:54 pm

    Reka gato tuzamenya aho bizaherera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?