BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

admin
Last updated: December 4, 2025 6:19 pm
admin
Share
SHARE

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe mu bo bahuriye muri dosiye agaragaje inzitizi y’uko atiteguye kuburana adafite umwunganizi mu mategeko.

Djihad ari gukurikiranwa muri dosiye imwe n’abitwa Kwizera Nestor uzwi Pappy Nesta na Ishimwe François Xavier, bose bakaba bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano.

Kuri uyu wa 4 Ukuboza 2025 ni bwo byari byitezwe ko aba bombi batangira kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, icyakora urubanza ruza gusubikwa kubera ko Ishimwe François Xavier yagaragaje ko atiteguye kuburana kuko nta mwunganizi mu by’amategeko afite.

Yaba Papy Nesta na Djihad babwiye Urukiko ko bo biteguye kuburana, ko binabaye ngombwa uyu yasubikirwa wenyine ariko abandi bakaburana nkuko hari abo bakurikiranyweho icyaha kimwe bari bamaze kuburana.

Ubushinjacyaha na bwo bwasabaga ko Ishimwe yategekwa kuburana kuko atigeze agaragaza impamvu adafite umwunganira yewe atanagaragaza ubushake bwo kumushaka.

Icyakora buri ruhande rwavugaga ibyarwo rukongeraho ko Urukiko ari rwo rubifataho umwanzuro kuko ari uburenganzira bw’uregwa kuburana yunganiwe.

Nyuma yo kumva impande zombi, Umucamanza yabwiye ababuranyi ko afashe icyemezo cyo gusubika iburanisha kuko Ishimwe afite uburenganzira bwo kuburana yunganiwe, icyakora amenyeshwa ko aya ari amahirwe ya nyuma ahawe.

Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa ku wa 11 Ukuboza 2025.

Ku rundi ruhande abunganira Djihad bahise bazamura inzitizi z’uko Ubushinjacyaha butari kubahuza na dosiye y’Ubugenzacyaha ngo na yo bayigeho bityo basaba Urukiko ko nibaramuka bagarutse kuburana batarabuhabwa, rwazabemerera bakaburana ibimenyetso beretswe.

Icyakora mu mpaka zikomeye, Ubushinjacyaha bwo bwabwiye abunganira Djihad ko dosiye bayihaweho uburenganzira bityo kuba batayibona byaba ari ikibazo cya system yabo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
Ubutabera

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga batawe muri yombi

1 Min Read
Ubutabera

Ruhango: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?