BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Feb 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

admin
Last updated: February 19, 2026 12:24 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo Barafinda Ssekikubo Fred, umuhanzi Muchoma usanzwe utuye muri Amerika, Japhet Nkeramihigo, Mazimpaka Patrick na Ntaganda Justin.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ubusabe bw’Ubushinjacyaha, buvuga ko kuburanisha mu ruhame uru rubanza byabangamira inyungu z’urukiko n’umutekano w’Igihugu.

Barafinda na bagenzi be bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, babinyujije ku miyoboro ya YouTube.

Barafinda utari ufite umunyamategeko umwunganira, yabwiye Urukiko ko yiteguye kuburana kandi ko yiburanira.

Urukiko rugitanga umwanya ku Bushinjacyaha, ubuhagarariye yahise avuga ko bifuza ko urubanza rwakomereza mu muhezo kubera ko ibyaha abaregwa bakurikiranyweho bishobora guteza umutekano muke kuko ari ibyaha by’imbonezabupfura.

Kuri Barafinda yavuze ko kuri we yifuza ko urubanza rwabera mu ruhame kuko ari bwo yumva rwaba runyuze mu mucyo. Ni icyifuzo yahuriyeho na bagenzi be.

Ati “Ndumva rwabera mu ruhame rubanda bareba kuko ari bwo byaba binyuze mu mucyo, ubutabera ndetse na demokarasi kandi yihuse.”

Urukiko rwahise rwanzura ko urubanza rubera mu muhezo.

Abaregwa batawe muri yombi ku wa 29 Mutarama 2026, Ubushinjacyaha bukaba bwabagejeje imbere y’urukiko ngo baburanishwe ku ifunga n’ifungurwa ry’Agateganyo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kigali : Polisi yiyemeje gufata abacuruza ibiyobyabwenge bakomeje kwiyongera mu Gitega

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko igiye kongera gukora imikwabu…

Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo…

DRCongo yongeye ku rutonde ikirombe cya Rubaya mu byo yemereye Amerika 

Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yongeye ikirombe cya coltan…

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

Umutoza wa Bugesera FC, Banamwana Camarade ashobora guhanwa nyuma yo gutangaza ko…

Leta ya Vatican yanze kwinjira muri gahunda y’amahoro ya Amerik

Vatican yatangaje ko itazajya mu rwego rwiswe “Board of Peace” rwashyizweho na…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

2 Min Read
Ubutabera

Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

2 Min Read
Ubutabera

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

2 Min Read
Ubutabera

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?