Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo Barafinda Ssekikubo Fred, umuhanzi Muchoma usanzwe utuye muri Amerika, Japhet Nkeramihigo, Mazimpaka Patrick na Ntaganda Justin.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ubusabe bw’Ubushinjacyaha, buvuga ko kuburanisha mu ruhame uru rubanza byabangamira inyungu z’urukiko n’umutekano w’Igihugu.
Barafinda na bagenzi be bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, babinyujije ku miyoboro ya YouTube.
Barafinda utari ufite umunyamategeko umwunganira, yabwiye Urukiko ko yiteguye kuburana kandi ko yiburanira.
Urukiko rugitanga umwanya ku Bushinjacyaha, ubuhagarariye yahise avuga ko bifuza ko urubanza rwakomereza mu muhezo kubera ko ibyaha abaregwa bakurikiranyweho bishobora guteza umutekano muke kuko ari ibyaha by’imbonezabupfura.
Kuri Barafinda yavuze ko kuri we yifuza ko urubanza rwabera mu ruhame kuko ari bwo yumva rwaba runyuze mu mucyo. Ni icyifuzo yahuriyeho na bagenzi be.
Ati “Ndumva rwabera mu ruhame rubanda bareba kuko ari bwo byaba binyuze mu mucyo, ubutabera ndetse na demokarasi kandi yihuse.”
Urukiko rwahise rwanzura ko urubanza rubera mu muhezo.
Abaregwa batawe muri yombi ku wa 29 Mutarama 2026, Ubushinjacyaha bukaba bwabagejeje imbere y’urukiko ngo baburanishwe ku ifunga n’ifungurwa ry’Agateganyo.
