BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE

UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE

admin
Last updated: October 8, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, mu cyahoze ari KIE, bwasobanuye ko impamvu bwatinze kwishyura abubakaga inyubako ziri miri icyo kigo byatewe n’ikoranabuhanga ryabatengushye.

Abubaka imirimo yabo bayikoze ahahoze ari muri KIE

Kaminuza y’u Rwanda yizeza abaturage ko bazishyurwa bitarenze ku wa mbere.

Ku munsi w’ejo tariki ya 7 Ukwakira 2022, nibwo abubakaga izi inyubako bakoze igisa n’imyigaragambyo basaba kwishyurwa amafaranga baberewemo angana y’ukwezi kumwe.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Kaminuza y’u Rwanda, Nzitatira Wilson yabwiye UMUSEKE ko aba baturage bakabaye barishyuwe ariko ko Banki Nkuru y’u Rwanda yababwiye ko iri kuvugurura ibijyanye n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Ni abaturage barimo basana ikigo. Ni banyakabyizi, tubahemba buri cyumweru. Mu kujya kubahemba havuka ikibazo cy’ikoranabunga. Bahembwa ubundi buri ku wa Gatanu. Iyo byatinze, bifata ku wa kabiri. Bafitemo ibyumweru bitatu, kimwe cyaraye cyishyuwe ku mugoroba.”

Yakomeje agira ati “Twari twumvikanye ko ejo bundi ku wa mbere tuzabitwara kuri Banki Nkuru y’u Rwanda. Kuwa mbere bizageza saa munani ibyo byumweru byacyemutse.”

Nzitatira Wilson yabwiye UMUSEKE ko ko bamaze iminsi bajya kuri BNR, ati “Ejo bundi ku wa Kane tubitwaye, baratubwira ngo turi kuvugurura ikoranabuhanga (Upgrade system). Nta kibazo gihari cy’amafaranga, ni ikibazo cy’ikoranabunga gusa.”

 

Abakozi nta cyizere…

UMUSEKE wakubise icyumvirizo muri bamwe mu bakozi, dushaka kumenya niba koko batangiye kwishyurwa nk’uko ubuyobozi bubitangaza, gusa mu bo twabajije batubwira ko nta mafaranga aragera kuri konti nubwo umuntu atakwemeza ko ari bose.

Umwe yagize ati “Ko nta mafaranga ndabona?  Bamaze iminsi badukina ako gakino, batubwira ngo bagiye kubikora, bagiye kubikora.”

Aba baturage basaba ko bahabwa amafaranga bakoreye akabafasha kwita ku miryango yabo.

Kigali: Abubaka mu cyahoze KIE bakoze igisa n’imyigaragambyo bishyuza 

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?