BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umwe yeguye bucece muri Kiyovu, undi ashobora kumukurikira

Umwe yeguye bucece muri Kiyovu, undi ashobora kumukurikira

admin
Last updated: July 27, 2022 3:52 pm
admin
Share
SHARE

Hashize imyaka ibiri komite nyobozi ya Kiyovu Sports itorewe kuyobora iyi kipe mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere. Bisobanuye ko iyi komite isigaje umwaka umwe kuri manda yayo.

Mutijima Hector wari visi perezida wa Mbere muri Kiyovu Sports yamaze kwegura

Nyuma yo gusoza ku mwanya wa Kabiri muri shampiyona y’umwaka ushize w’imikino, muri komite ya Kiyovu haravugwamo kudahuza.

Muri iyi kipe icecetse ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi, haravugwamo inkuru y’umuyobozi wamaze kwegura muri Komite Nyobozi.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, ni uko visi perezida wa Mbere, Mutijima Hector yamaze kwegura kuri izi nshingano. Uyu mugabo yamaze no guha perezida w’ikipe ibaruwa y’ubwegure bwe.

Mu minsi iri imbere, hari amakuru avuga ko undi umwe muri Komite nyobozi azegura ku nshingano ze.

Ikiri gutera aba bose begura, harimo ko bamwe bacitse integer zo kuba harakoreshejwe imbaraga nyinshi muri shampiyona iheruka ariko igikombe kikaba cyarabuze.

Ikindi kiri gutera uyu mwuka wose, ni uko bamwe bavuga ko ibyemezo byose bijyanye n’imiyoborere y’ikipe bifatwa na perezida wayo gusa, Mvukiyehe Juvénal kandi komite igizwe n’abagera kuri batanu.

Abandi bagize komite nyobozi ya Kiyovu Sports, ni Ntiranyibagirwa Ange usanzwe ari visi perezida wa Kabiri na Kayiganwa Angelique usanzwe ari umubitsi w’ikipe.

Kiyovu Sports yatakaje abakinnyi barimo Ngendahimana Eric wagiye muri Rayon Sports, Emmanuel Arnold Okwi wasoje amasezerano ariko hakaba hakiri ibiganiro byo kuzamugumana na Ishimwe Saleh werekeje muri Bugesera FC. Iyi kipe yinjijemo abarimo Iradukunda Bertrand na Hakizimana Félicien bivugwa ko barangizanyije.

Ikipe yo yatangiye imyitozo iri gukorera ku Mumena kabiri ku munsi, ariko nta mutoza mukuru irabona kuko iri gutozwa na Mateso usanzwe ari umuyobozi wa Tekinike muri iyi kipe.

Perezida wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvénal aracyari gushaka abatoza basimbura abagiye muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?