BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umutoza wa Kiyovu ku muryango wa Tusker na Azam

Umutoza wa Kiyovu ku muryango wa Tusker na Azam

admin
Last updated: November 30, 2022 12:16 pm
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’ikipe ya Kiyovu Sports, Alain-André Landeut, arifuzwa n’amakipe arimo Azam FC yo muri Tanzania na Tusker FC yo muri Kenya.

Umutoza wa Kiyovu Sports, Alain-André Landeut ashobora kuyisohokamo

Mu Kinyarwanda baravuga ngo nta nkweto ibura iyayo, bashaka kuva ko ntawe ubura abo bahuza cyangwa bashobora kumwumva.

Ninayo mpamvu n’ubwo bitameze neza kuri Alain-André Landeut muri Kiyovu Sports nyuma yo gutsindwa na Gasogi United ibitego 3-1 ku mukino w’umunsi wa 11 wa Shampiyona, uyu mutoza hari amakipe yatangiye gukomanga amusaba kuza kuyabera umutoza.

Uyu mutoza mu mikino 11 ya shampiyona amaze gutoza iyi kipe yo ku Mumena, yatsinzemo itandatu, anganya itatu, atsindwa ibiri.

Amakuru UMUSEKE wamenye yemeza ko mbere gato yo guhura na APR FC, ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania yagiranye ibiganiro akaba yasimbura Umunya-Tanzania, Kali Ongala utoza iyi kipe nk’umutoza w’agateganyo nyuma yo gutandukana n’Umufaransa, Denis Lavagne tariki ya 22 Ukwakira 2022.

Umwe mu bashinzwe gushakira iyi kipe abakinnyi n’abatoza, amakuru avuga ko yarebye umukino Kiyovu Sports yanganyijemo na APR FC ibitego 2-2 kugira ngo yikurikiranire imbona nkubone imitoreze y’uyu Mubiligi wahesheje iyi kipe yo ku Mumena igikombe cya Made in Rwanda kuva yagera mu Rwanda tariki ya 29 Nyakanga 2022.

Uretse izi kipe ebyiri zatangiye ibiganiro na Alain-André Landeut, amakuru avuga ko hari n’ikipe zo mu barabu zegereye abashinzwe kumushakira akazi.

Alain-André Landeut, yatsinze amakipe akomeye hano mu Rwanda
Mvukiyehe Juvénal na Alain-André Landeut bari inshuti ariko byarahindutse

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • jmvn says:
    November 30, 2022 at 4:01 pm

    Kiyovu gasogi yarayinaniwe birenganya umutoza

    Reply
  • Rukundo says:
    November 30, 2022 at 7:59 pm

    Abatoza batoza mu Rwanda baragowe bafatwa Nka ba boyi bakora mu ngo kwirukana Umutoza nkaho atasigne contrat.juvenal nawe yabaye Nka George Banethi aratema igiti yicayeho.ubu ateje ibibazo bikomeye birimo nu buswa kuva yasabye imbabazi Umutoza azongera kumubwira iki? We na knc bazakore amahugurwa yubutoza bagye bitoreza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?