BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubuzima > Umuti witwa Relief wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda

Umuti witwa Relief wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda

sam
Last updated: June 12, 2025 6:16 am
sam
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa mu Rwanda, (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse itumizwa, icuruzwa no gukwirakwiza ku isoko ry’u Rwanda imiti yitwa Relief kuko itujuje ubuziranenge.

Binyuze mu itangazo rya Rwanda FDA ryo ku wa 11 Kamena 2025 igendeye ku igenzura rihoraho ry’ubuziranenge bw’imiti iri ku isoko, yatahuye “imiti itemewe yitwa “RELIEF” y’ibinini iri mu ngano zitandunye ku isoko ry’ u Rwanda.”

Rwanda FDA  iburira abantu kutagura no kudakoresha ibinini byose byo muri urwo rwego kugeza igihe hazafatirwa ikindi cyemezo,

Imiti ivura igize ibyo binini irimo “Diclofenac Sodium, Paracetamol, Chlorpheniramine Maleate na Magnesium Trisilicate”.

Abinjiza imiti mu gihugu, abayiranguza na farumasi zidandaza bose basabwe guhita bahagarika gukwirakwiza no guha abarwayi imiti yose y’ibinini yitwa RELIEF, kandi ingano yose bafite mu bubiko igashyirwa mu kato.

Rwanda FDA  ihamya ko gukwirakwiza cyangwa gutanga imiti itemewe binyuranyije n’amategeko kandi bihanwa n’amategeko.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC: Abantu 32 baguye mu mpanuka y’ubwato

Abantu babarirwa muri 32 baguye mu mpanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi…

Amajyaruguru: Abakora n’abacuruza inzoga z’inkorano bahagurukiwe

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice yatangaje ko iyo ntara n’iy’Iburengerazuba zigiye guca…

Israel yivuganye abasirikare  bakuru ba Iran mu gitero simusiga yabagabyeho

Kuri uyu wa Gatanu mu masaha y'urukerera, Israel yagabye igitero gikomeye kuri…

Umwongereza ukomoka mu Buhinde niwe  niwe mugenzi wenyine  warokotse impanuka y’ indege ya AirIndia

Umugabo w'Umwongereza ukomoka mu Buhinde yagenze n'amaguru ava mu bisigazwa by'indege ya…

Abanyakenya bari mu myigaragambyo isaba Umuyobozi wungirije wa Polisi kwegura

Abanyakenya barakajwe n’urupfu rw’umusore witwa Albert Ojwang wapfiriye muri kasho, bari mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amavubi yahamagaye 25 bazakina imikino ibiri ya gicuti

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?