BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusore n’umukobwa bafatiwe i Rubavu bikoreye magendu

Umusore n’umukobwa bafatiwe i Rubavu bikoreye magendu

admin
Last updated: August 17, 2022 1:56 am
admin
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe umusore witwa Tuyisenge n’umukobwa witwa Mukamana bikoreye ibicuruzwa binyuranye bambukije mu buryo butemewe, ndetse bimwe bibujijwe gukoreshwa mu Rwanda.

Bamwe mu bari kumwe n’aba bafashwe bahise biruka nk’uko Polisi ibivuga

Amakuru UMUSEKE wahawe n’ubuyobozi bwa Polisi avuga ko abapolisi bamenye mbere amakuru y’uko hari abari bwambutse magendu mu ijoro rya tariki 16 Kanama, 2022.

Mu masaha ya kare mu rukerera kuri uyu wa Kabiri (saa 04h00 a.m), abapolisi bashinzwe kurwanya magendu bakorera i Rubavu, bategereje bariya bantu mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Mbugangali mu Mudugudu w’Akarundo, maze bahagarika abantu bari bikoreye ibicuruzwa binyuranye bya magendu.

Abagera ku 8 batuye imitwaro yabo bafumyamo nk’uko Polisi ibivuga ibyo bari bafite babisiga aho.

Gusa umusore witwa Tuyisenge w’imyaka 29 n’umukobwa witwa Mukamana w’imyaka 28 bafatanywe n’ibyo bari bafite

Polisi ivuga ko bambuwe imyenda ya caguwa ipima Kg 69, udukapu duhahirwamo 3000, amavuta atemewe gukoreshwa mu Rwanda kuko yica uruhu agera ku 1534, imiguro 35 y’inkweto za caguwa n’ibitenge 11 n’ibinyobwa byitwa energy byari bivuye muri DR.Congo.

Polisi ivuga ko nyuma yo kubaza bariya baturage bavuze ko bari bahawe akazi ko kwikorera ibintu babikuye muri Congo bikinjira mu Rwanda binyuze ahitwa Karundo.

Amakuru yaje kumenyekana ko iyo mari yari iy’umwe mu bacuruzi batuye i Rubavu, Polisi ikaba ivuga ko agishakishwa kugira ngo afatwe.

Leta y’u Rwanda ishishikariza abacuruzi kurangura mu nzira zemewe, bakirinda magendu kuko ari icyaha ku bayikora, ndetse uyifatanywe bikamuteza igihombo giturutse ku mande acibwa n’ibihano.

Bimwe mu byafashwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Umurungi Alice says:
    August 18, 2022 at 10:58 am

    Yego ibibazo ni byinshi ariko hari ibyo dushobora guhita dukemura. Leta ikwiye kuva ku izima kuri politiki zitatanze umusaruro ushimishije. Nka politiki y’ubuhinzi yarakwamye ku bulyo bugaragarira buri wese. Ibyo guhinga igihinga kimwe, ibyo kwambura abaturage ubutaka, iby’amakoperative atagira umumaro, byose byateye igihugu inzara no gusubira inyuma mu kwihaza ku biribwa. Ariko hari ibintu byihutirwa: caguwa yari ikijije benshi. Kuva yavanywaho byagaragaye ko hari benshi bari bayikunze. Kuki itagarurwa ngo rubanda ruhumeke? Mbona ko Leta ikwiye kwumva rubanda nah’ubundi, ibintu bizagera aho bisandara, rubanda ijye mu mihanda!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?