BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > UPDATED: U Rwanda rwasubije Congo umusirikare wayo

UPDATED: U Rwanda rwasubije Congo umusirikare wayo

admin
Last updated: September 26, 2022 9:28 pm
admin
Share
SHARE

UPDATE: Umusirikare wa Congo wambukanye imbunda ye agafatwa ari ku butaka bw’u Rwanda, yasubijwe igihugu cye.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig.Gen Rwivanga Ronald yabwiye UMUSEKE ko uyu musirikare wa Congo yamaze gusubira iwabo.

 

INKURU YABANJE: Umusirikare wa Leta ya Congo Kinshasa (FARDC),  yafashwe n’inzego zishinzwe umutekano yambukanye intwaro ku butaka bw’u Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu ushize.

Umusirikare wa Congo yafatiwe mu Rwanda

Uyu musirikare ngo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda, nyuma yo kubwinjiraho aje gutashya inkwi zo gutekesha.

Umuyobozi wa Polisi muri Teritwari ya Nyirangongo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Colonel Patrick Iduma Molengo yabwiye ikinyamakuru ACTUALITE.CD cyo muri Congo ko uyu musirikare yafashwe nyuma yo gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.

Yagize ati “Turemeza ko Umusirikare umwe wa Congo yafashwe n’igisirikare cy’u Rwanda ku mupaka wo mu Mudugudu wa Kabagana. Yari yagiye gutashya inkwi zo gutekesha.”

Colonel Patrick Iduma yavuze ko uyu musirikare yambutse umupaka uhuza Igihugu cye n’u Rwanda, afite n’imbunda ye akaza kugera ku butaka bw’u Rwanda.

Nta tangazo rirasohorwa n’Ingabo z’u Rwanda kw’ifatwa ry’uyu musirikare wa Congo winjiye mu Rwanda yitwaje intwaro.

Gusa, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig.Gen Ronald Rwivanga yemeje aya makuru, ubwo yavuganaga n’Ibiro Ntaramakuru, AFP.

Yagize ati “Umusirikare wa Congo yinjiye ku butaka bw’u Rwanda afite intwaro ye. Byagaragaraga ko yasinze. Twabifashe nk’akantu koroheje.”

Inzego z’ubuyobozi mu Rwanda ngo zasabye abo bakurya muri Congo kuza gutwara umuntu wabo.

Umubano w’u Rwanda na Congo hamaze igihe urimo umwuka utari mwiza nyuma y’aho Congo ishinja ku mugagaragaro ko u Rwanda rwigaruriye ubutaka bwayo binyuze mu mutwe wa M23 ngo uterwa inkunga n’u Rwanda ibintu rwamagana amanywa n’ijoro.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?