BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umurundikazi yabaye umugore wa Kabiri usifuye igikombe cya Afurika

Umurundikazi yabaye umugore wa Kabiri usifuye igikombe cya Afurika

admin
Last updated: October 26, 2022 11:44 am
admin
Share
SHARE

Umusifuzi mpuzamahanga ukomoka i Burundi, Ishimwe Cynthia, yabaye umugore wa kabiri ku mugabane wa Afurika usifuye imikino y’igikombe cya Afurika cy’abagabo nyuma y’Umunyarwandakazi Mukansanga Salma. Aya mateka yayanditse tariki 24 Ukwakira ubwo yasifuraga umukino w’igikombe cya Afurika gikinirwa ku mucanga [Beach Soccer Africa Cup of Nations 2022].

Ishimwe Cynthia yabaye undi mugore usifuye igikombe cya Afurika nyuma ya Salma

Iri rushanwa riri kubera mu gihugu cya Mozambique, ryatangiye ku wa 21 Ukwakira rizarangira ku wa 28. By’umwihariko yabaye umugore wa mbere wasifuye muri iri rushanwa mu gihe Makansaga we yasifuye imikino y’igikombe cya Afurika mu bagabo.

Yasifuye umukino wahuzaga igihugu cya Senegal na Madagascar, warangiye Sénégal itsinze ibitego 8-4. Si we mu murundi wenyine uri muri iryo rushanwa kuko ari kumwe na mugenzi we w’umugabo witwa Ndayisaba Ramadhan.

Uyu mugore watangiye urugendo rwe rwo gusifura muri 2022 yagize icyo avuga nyuma yo kwandika ayo mateka ati “ni iby’agaciro gakomeye gutoranywa mu cyiciro cya nyuma cy’abasifuzi bagomba gusifura igikombe cya Afurika kandi aya mahirwe ntakindi nayakorera uretse kuyabyaza umusaruro. Icyongeyeho kandi ndi kumwe n’abasifuzi bafite ubunararibonye badasiba kunsangiza.”

Yongeye gushimira Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika [CAF], yamuhaye aya mahirwe.

Ati “Baranyizeye ngo nzamure urwego rwange, nanatange ibyiza nifitemo. Ndumva nuzuye kandi n’umwuka ni mwiza hamwe n’abandi.”

Hashize amezi 18 CAF yiyemeje gushyira imbaraga muri gahunda zo guteza imbere abasifuzi ba bagore bo muri kuri uyu mugabane wa Afurika.

Ishimwe Cynthia ateye ikirenge mu cya Mukansanga umaze kuba umusifuzi mpuzamahanga, ndetse uri no mu bagore batatu bazasifura igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka kizabera muri Qatar mu kwezi gutaha, akaba ari nawe mugore w’umunyafurika wa mbere uzaba usifuye igikombe cy’Isi.

Cynthia yakoze amateka mu gusifurira abagabo

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?