BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Umurundi Ntakarutimana  yatorewe kuyobora EALA

Umurundi Ntakarutimana  yatorewe kuyobora EALA

admin
Last updated: December 20, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

 

 

Rt Hon Joseph Ntakarutimana,ukomoka mu Burundi yatorewe kuyobora Inteko Ishingamategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EALA) ,asimbuye Umunyarwanda Martin Ngoga .

Hon Ntakarutimana yatorewe kuyobora EALA

Uyu mugabo w’imyaka 60  yatanzwe  nk’umukandida n’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu rya CNDD-FDD,kuri ubu  akaba agiye kuyobora mu gihe cy’imyaka itanu.

Abatoye bagizwe n’Abadepite 63 bagize EALA. Abo badepite  batowe n’Inteko  ishinganategeko  z’ibihugu bakomokamo bigize umuryango wa Afurika ‘Iburasirazua (EAC),aho buri gihugu cyatanze abadepite icyenda ..

Ibyo biihugu  ni u Burundi, Kenya, u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, na Uganda, na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).

Ntakarutimana yagize amajwi  54 angana 85.7%  by’abagera kuri 63 batoye.

Amajwi 55 niyo yabaruwe ko yatoye 8 muri yo yabaye  imfabusa naho 1 rimwe  muri ayo ni ryo ritamutoye.

Ku ikubitiro, Abadepite bane  nibo bagaragaje ubushake bahatanira kuyobora EALA. Icyakora, abadepite batatu baturutse muri Sudani yepfo bemeje ko bakuyemo kandidatire(candidature) mbere y’uko amatora aba.

Abo ni Thoar Gideon Gatpa; Gai Deng; na Leonardo Anne Itto.

Nyuma yo kwegukana itsinzi,Ntakarutimana yatangaje ko azaharanira ko EALA ishyira hamwe.

Yagize ati”Inzozi zanjye ni uko twaba umuryango umwe.”

Uyu mugabo yavuze ko azakora ibishoboka byose EALA ikarangwa n’urukundo,ubwumvikane ndetse no kwirinda amacakubiri.

Yakomeje agira  ati “Mfite umunezero uyu munsi ku bw’icyizere nagiriwe.Icyo tugomba gukora cyose ,tuzagikora mu munezero,urukundo n’ubwubahane.”

Ntakarutimana yavuze ko yatorewe kuba Umudepite muri Kamena 1993, mbere y’aho yari muri  Sena akaba    amaze imyaka igera kuri 30 ari mu Nteko Ishingamategeko.

Uyu yakoze kandi mu myanya itandukanye mu Burundi aho yabaye intumwa y’icyo gihugu muri Kenya.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?