BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Umurundi Ntakarutimana  yatorewe kuyobora EALA

Umurundi Ntakarutimana  yatorewe kuyobora EALA

admin
Last updated: December 20, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

 

 

Rt Hon Joseph Ntakarutimana,ukomoka mu Burundi yatorewe kuyobora Inteko Ishingamategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EALA) ,asimbuye Umunyarwanda Martin Ngoga .

Hon Ntakarutimana yatorewe kuyobora EALA

Uyu mugabo w’imyaka 60  yatanzwe  nk’umukandida n’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu rya CNDD-FDD,kuri ubu  akaba agiye kuyobora mu gihe cy’imyaka itanu.

Abatoye bagizwe n’Abadepite 63 bagize EALA. Abo badepite  batowe n’Inteko  ishinganategeko  z’ibihugu bakomokamo bigize umuryango wa Afurika ‘Iburasirazua (EAC),aho buri gihugu cyatanze abadepite icyenda ..

Ibyo biihugu  ni u Burundi, Kenya, u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, na Uganda, na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).

Ntakarutimana yagize amajwi  54 angana 85.7%  by’abagera kuri 63 batoye.

Amajwi 55 niyo yabaruwe ko yatoye 8 muri yo yabaye  imfabusa naho 1 rimwe  muri ayo ni ryo ritamutoye.

Ku ikubitiro, Abadepite bane  nibo bagaragaje ubushake bahatanira kuyobora EALA. Icyakora, abadepite batatu baturutse muri Sudani yepfo bemeje ko bakuyemo kandidatire(candidature) mbere y’uko amatora aba.

Abo ni Thoar Gideon Gatpa; Gai Deng; na Leonardo Anne Itto.

Nyuma yo kwegukana itsinzi,Ntakarutimana yatangaje ko azaharanira ko EALA ishyira hamwe.

Yagize ati”Inzozi zanjye ni uko twaba umuryango umwe.”

Uyu mugabo yavuze ko azakora ibishoboka byose EALA ikarangwa n’urukundo,ubwumvikane ndetse no kwirinda amacakubiri.

Yakomeje agira  ati “Mfite umunezero uyu munsi ku bw’icyizere nagiriwe.Icyo tugomba gukora cyose ,tuzagikora mu munezero,urukundo n’ubwubahane.”

Ntakarutimana yavuze ko yatorewe kuba Umudepite muri Kamena 1993, mbere y’aho yari muri  Sena akaba    amaze imyaka igera kuri 30 ari mu Nteko Ishingamategeko.

Uyu yakoze kandi mu myanya itandukanye mu Burundi aho yabaye intumwa y’icyo gihugu muri Kenya.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?