BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuramyi Serge Iyamuremye agiye kurongora

Umuramyi Serge Iyamuremye agiye kurongora

admin
Last updated: November 29, 2022 11:49 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi w’inidirmbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Serge Iyamuremye umaze igihe gito yimukiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika agiye gukora ubukwe n’umukunzi we Uburiza Sandrine.

Serge Iyamuremye agiye gukora ubukwe na Sandrine

Ni ubukwe buteganyijwe kuwa 1 Mutarama 2023, muri leta ya Texas muri Amerika, ni nyuma y’uko bimenyekanye ko yasabye akanakwa umukunzi we muri 2021, mu birori batifuje ko bimenyekana.

Serge Iyamuremye nyuma y’uko ageze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bahise bashyira imbaraga mu gutegura ubukwe bwabo, aho inshuti zamaze gutumirwa mu birori bizabera muri Hoteli ya MCM Elegante iri Dallas muri Leta ya Texas.

Muri Nyakanga  2022 nibwo Serge Iyamuremye yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bivugwa ko agiye kureba umukunzi we Sandrine, gusa byari urugendo rwo kwimukira muri iki gihugu akisangira uwo yihebeye.

Gusa biteganyijwe ko azajya agaruka mu Rwanda mu bihe bitandukanye mu bikorwa by’umuziki we no gusura inshuti n’abavandimwe.

Serge Iyamuremye abaye undi muramyi ugiye gutura muri Amerika, kuko na Patient Bizimana yamaze gusanga umugore we Gentille kuva kuwa 26 Nzeri 2022.

Kuva mu 2012, Serge Iyamuremye yiyeguriye umuziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, ni bintu yakoze afite intego yo gutuma abantu bizera ko ibyo baririmba, ibintu yemeza ko hari icyo byahinduye mu buzima bwe.

Serge Iyamuremye yamenyekanye mu ndirimbo zinyuranye nka Biramvuna, Yari njyewe, Mwuka wera, Ishimwe, Urugendo yakoranye na Israel Mbonyi n’izindi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?