BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umuramyi Gisele Precious yasezeweho bwa nyuma mu marira menshi

Umuramyi Gisele Precious yasezeweho bwa nyuma mu marira menshi

admin
Last updated: September 20, 2022 1:22 pm
admin
Share
SHARE

Umuramyi Nsabimana  Gisele Precious, kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Nzeri 2022,yasezeweho anashyingurwa mu marira menshi.

Niyonkuru Innocent , Umugabo wa Gisele Precious yashenguwe n’urupfu rwe

Mu masaha ya saa tatu za mu gitindo, mu rugo rwe mu Karere ka Rubavu, niho habereye umuhango wo kumusezera.

Uyu muhango  witabiriwe n’abantu batandukanye barimo inshuti ze, umuryango we, abasenganaga na we ndetse n’abakoranaga umuriro wo kuririmba.

Icyashenguye abantu, ni uburyo Umugabo, Niyonkuru Innocent,  yaje kumusezera bwa nyuma mu gahinda kenshi  ateruye uruhinja rwari rumaze igihe gito rwujuje amezi abiri.

Umubyeyi we, mu kiniga cyinshi ati “Gisele mwana wanjye urigendeye, wakoreye Imana, yaguhaye umugisha, genda wicarane n’ibikomangoma.”

Ubwo yasezerwagaho mu rusengero, umugabo we, Niyonkuru Innocent yavuze ko Gisele yari umugore witaga cyane ku mwana no ku muryango we.

Yavuze kandi uburyo yashakaga ibyishimo by’umuryango no kumenyekanisha Imana.

Ati “Ndahamya ko Gisele yabonye ubugingo buhoraho.”

Gisèle Precious yamenyekanye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana

Saa munani z’amanywa, umurambo wa Gisele, wagiye gushyingurwa mu irimbi ryo mu Murenge wa Rugerero.

Mu mvura nyinshi, umushumba w’itorero rya ADEPR, Ururembo rwa Rubavu, Pasiteri  Uwambaje Emmanuel, yabwiye abari aho ko “Amahirwe twabwira umuryango, Pasiteri,(avuga se) uzabona umwana wawe amaso ku maso.Ubwo impanda izavuga, abera bakazuka, ni we uzabanziriza abazaba bakiriho.Uru ni urubuto,yari yarakiriye ubugingo, imbaraga zo kuzuka zimurimo.

Turababaye kuko dufite umubiri,ariko tubabaye igice kuko dufite ibyiringiro. Gisele arasinziriye ni muzima, ikibaye gusa niuko agiye kwambikwa umwambaro w’ubwiza tuzamubonana cya gihe.”

Gisèle Precious yamenyekanye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Yatangiye kuririmba akiri umwana. Urugendo rw’ubuhanzi ku giti cye yarutangiye mu 2017.Asengera muri ADEPR Gatenga.

Uyu muhanzikazi yari azwi cyane mu ndirimbo ziramya zikanahimbaza imana zirimo “Imbaraga z’amasengesho”, “Urampagije”, “Niwe”, “Inzira zayo”, “Umusaraba” n’izindi.

Asize umugabo we baherukaga gukora ubukwe, n’umwana w’imfura bari babyaye.

Gisele Precious yavukiye mu Mujyi wa Kigali, yari umwana wa Gatanu mu muryango w’abana barindwi babyawe na Pasitoro Nsabimana Philip na Nyiranzanira Florentine.

Pasitori Philipe, Se wa Gisele Precious, yashenguwe n’urupfu rw’umwana we
Abasenganye nawe mu itorero rya ADEPR baje kumuherekeza

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • munyeragwe says:
    September 20, 2022 at 2:08 pm

    Yali akiri muto.Niyigendere.Natwe ejo tuzamukurikira.Aho agiye mu gitaka,natwe tuzamusangayo.Ariko tujye twizera ko abantu bapfa bizeraga Imana,nukuvuga bayishaka bashyizeho umwete,batiberaga gusa mu gushaka iby’isi,izabazura ku munsi wa nyuma ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko Yezu yavuze muli Yohana 6,umurongo wa 40.Roho “idapfa kandi itekereza” yahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga Imana abakristu dusenga.Umubwiriza 9,umurongo wa 5 havuga ko upfuye atongera gutekereza.Nta kindi gice cy’umubiri gitekereza uretse ubwonko bubora iyo dupfuye.

    Reply
  • munyeragwe says:
    September 20, 2022 at 2:08 pm

    Yali akiri muto.Niyigendere.Natwe ejo tuzamukurikira.Aho agiye mu gitaka,natwe tuzamusangayo.Ariko tujye twizera ko abantu bapfa bizeraga Imana,nukuvuga bayishaka bashyizeho umwete,batiberaga gusa mu gushaka iby’isi,izabazura ku munsi wa nyuma ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko Yezu yavuze muli Yohana 6,umurongo wa 40.Roho “idapfa kandi itekereza” yahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga Imana abakristu dusenga.Umubwiriza 9,umurongo wa 5 havuga ko upfuye atongera gutekereza.Nta kindi gice cy’umubiri gitekereza uretse ubwonko bubora iyo dupfuye.

    Reply
  • Havugimana cyriaque says:
    September 20, 2022 at 5:39 pm

    Niyigendere ntakundi Imana yamukunze kuturusha gusa abo yasize twihangane tuzongera tumubone

    Reply
  • Havugimana cyriaque says:
    September 20, 2022 at 5:39 pm

    Niyigendere ntakundi Imana yamukunze kuturusha gusa abo yasize twihangane tuzongera tumubone

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?