BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuramyi Gisèle Precious yapfuye bitunguranye

Umuramyi Gisèle Precious yapfuye bitunguranye

admin
Last updated: September 15, 2022 9:32 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Nsabimana Gisèle Precious ufite izina mu muziki uhimbaza Imana yitabye Imana ku myaka 27 azize urupfu rutunguranye nk’uko UMUSEKE wabitangarijwe n’inshuti ya hafi.

Gisèle Precious yapfuye bitunguranye

Uyu yamenyekanye cyane mu ndirimbo ziramya zikanahimbaza Imana,aho abarizwa mu itorero rya ADEPR.

Issa Noel Karinijabo umaze imyaka myinshi mu gisata cy’itangazamakuru ry’Iyobokamana(Gospel ), akaba n’inshuti ya hafi ye, yabwiye UMUSEKE ko yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.

Yagize ati“Yatubabaje cyane, yapfuye mu kanya gashize nko mu minota murongo itanu( tuvugana hari saa 20h00).

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko tariki 28 Kanama uyu mwaka yari yabyaye umwana, bityo amaze igihe gito avuye mu bitaro.

Amakuru avuga ko bikekwa ko yaba yaguye mu bwogero iwe mu mu rugo akaza kugira impanuka , akitaba Imana.

Gisèle Precious yatangiye kuririmba akiri umwana. Urugendo rw’ubuhanzi ku giti cye yarutangiye mu 2017.Asengera muri ADEPR Gatenga.

Uyu muhanzikazi yari azwi cyane mu ndirimbo ziramya zikanahimbaza imana zirimo “Imbaraga z’amasengesho”, “Urampagije”, “Niwe”, “Inzira zayo”, “Umusaraba” n’izindi.

Asize Umugabo we baherukaga gukora ubukwe n’umwana.

Gisele Precious yavukiye mu Mujyi wa Kigali, yari umwana wa Gatanu mu muryango w’abana barindwi babyawe na Pasitoro Nsabimana Philip na Nyiranzanira Florentine.

Amashuri abanza yayize ku ishuri ribanza rya Kinunga, mu Murenge wa Gikondo mu Mujyi wa Kigali. Ayisumbuye ayakomereza ku ishuri rya Nyamata Technical Secondary School, aho yize Computer Electronic.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Twagirayezu Jean baptiste says:
    September 15, 2022 at 11:17 pm

    Yoooo?
    Imana imwakire

    Reply
  • Wihogora says:
    September 16, 2022 at 7:10 am

    Buriya erega umubyeyi wabyaye ndetse n’uruhinja umuntu abizera nyuma y’ukwezi n’igice! Ubundi mbere y’icyo gihe baba bakiri muri danger. Wasana yishwe n’inkurikizi zo kubyara( maternal death)

    Reply
    • bwahika says:
      September 16, 2022 at 11:57 am

      Ubwogero (douche) buhitana abantu benshi.Twihanganishije umugabo we.Urupfu tugendana narwo.Tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba,tujye dushaka ubwami bw’imana cyane,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nubwo aribo bacye nkuko Yesu yabyerekanye,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko bible ivuga.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Soma Abagalatiya 6 umurongo wa 8.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

      Reply
  • Wihogora says:
    September 16, 2022 at 7:12 am

    Gusa birababaje. Babyeyi, nyuma y’ukwezi n’igice mubyaye mujye musubira kwisuzumisha n’impinja zanyu. Imana yakire Gisèle!

    Reply
  • Mukandayisenga Françoise says:
    September 16, 2022 at 7:58 pm

    Yooo!!! Apfuye akiri muto pe! Nihanganishije umuryango we cyane cyane umutware we n’ urwo ruhinja. Bihangane Kandi bakomere. Imana imwakire mubayo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?