BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Biravugwa: Umunyamabanga wa AS Kigali n’umuryango we bimukiye muri Canada

Biravugwa: Umunyamabanga wa AS Kigali n’umuryango we bimukiye muri Canada

admin
Last updated: October 26, 2022 11:11 am
admin
Share
SHARE

Hari amakuru avuga ko Gasana Francis wari Umunyamabanga Mukuru wa AS Kigali, yimuriye umuryango we mu gihugu cya Canada kiri ku Mugabane wa Amerika.

Gasana Francis wari Umunyamabanga Mukuru wa AS Kigali yerekeje gutura muri Canada

Guhera mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri 2022, Gasana Francis wari usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa AS Kigali, ntabwo yigeze kongera kugaragara mu bikorwa bitandukanye by’ikipe.

Uku kutagaragara mu bikorwa by’ikipe, byibajijweho na benshi basanzwe bakurikiranira hafi iyi kipe iterwa n’Umujyi wa Kigali.

Amakuru yemezwa na bamwe basanzwe muri iyi kipe, bemereye UMUSEKE ko Gasana yerekeje mu gihugu cya Canada kandi atazagaruka kuko yajyanye n’umuryango we wose.

Gasana ubwo yafataga indege, yabwiye Ubuyobozi bwa AS Kigali ko azagaruka mu Rwanda ndetse agasubira mu kazi ariko bihabanye n’ukuri.

Uzi neza iby’urugendo rw’uyu mugabo, yabwiye UMUSEKE ko ashobora kutazagaruka kuko hari n’ibindi byinshi bifite aho bihuriye n’umutungo w’aho yakoraga, bimuvugwaho.

Ati “Yagiye mu ibanga rikomeye ajyanye n’umuryango we muri Canada. Hari n’ibindi bijyanye n’umutungo w’aho yakoraga bimuvugwaho. Ashobora kugaruka cyangwa ntagaruke.”

Umwe mu bayobozi ba AS Kigali, yavuze ko Gasana yamwemereye ko azagaruka mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2022.

Ati “Njye yambwiye azaza muri uku kwezi turimo mu mpera zako. Azagaruka vuba kabisa.”

Uyu Munyamabanga Mukuru wa AS Kigali, yari yatowe mu Komite Nyobozi iheruka guhabwa manda nshya yo kuyobora iyi kipe mu myaka ine iri imbere.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • gatera says:
    October 26, 2022 at 12:28 pm

    Benshi basigaye bajya gushakira ubuzima bwiza muli Canada.Iyo bagezeyo,boherereza bene wabo amadolari.Twese twifuza kubaho neza.Gusa benshi bibagirwa ikintu kimwe.Nkuko Yesu yavuze muli Matayo 6:33,dugomba “gushaka mbere na mbere ubwami bw’Imana”.Tugomba gushaka Imana cyane,ntitwibere gusa mu gushaka iby’isi nkuko benshi bameze.Abumvira iyo nama,n’ubwo aribo bake nkuko Yesu yavuze,Imana izabazura ku munsi wa nyuma,ibahe ubuzima bw’iteka muli paradizo.Ntitukishinge ababeshya ko upfuye aba yitabye Imana.Siko bible ivuga.Roho idapfa kandi itekereza,yahimbwe n’Umugereki witwaga Platon utaremeraga Imana y’Abakristu nyakuli.

    Reply
  • Mayimayi muzungu says:
    October 26, 2022 at 1:38 pm

    Abazungu bagiye bagira za RPF kera zitunganya ibihugu byabo. Ubu biratunganye uretse ko bazabyisenyera kuko abubu batazi uko aba kera bavunitse.
    Kubona intiti, za kaminuza, ibigo bubushakashatsi bose nta numwe ubona ko USA ibabeshya ibateranya na Iran, Russia, Koreya ya Ruguru, China, … Birahagije kugirango ibyavezweho byose bazabibure mu nkubiri izakurikira

    Reply
  • Em says:
    October 26, 2022 at 1:52 pm

    Narebe uko Abana bakwiga neza Umuryango uterimbere

    Reply
  • Em says:
    October 26, 2022 at 1:52 pm

    Narebe uko Abana bakwiga neza Umuryango uterimbere

    Reply
  • Niyonkuru says:
    October 26, 2022 at 10:42 pm

    Nu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?