BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umukunzi w’akadasohoka wa APR yahawe umwanya muri Bugesera

Umukunzi w’akadasohoka wa APR yahawe umwanya muri Bugesera

admin
Last updated: October 10, 2022 1:54 pm
admin
Share
SHARE

Rutaremara Jules usanzwe ari umukunzi ukomeye w’ikipe y’Ingabo, yatorewe kuba visi perezida wa Kabiri muri Bugesera FC.

Rutaremara Jules wihebeye APR FC, yagizwe umuyobozi muri Bugesera FC

Ku Cyumweru tariki 9 Ukwakira 2022, habaye Inama y’inteko rusange yahuje abanyamuryango ba Bugesera FC n’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera.

Bimwe mu byari ku murongo w’ibyigwa muri iyi nama, harimo kwakira ubwegure bw’abanyamuryango, kuzuza Komite Nyobozi ndetse no kurebera hamwe ibyagezweho mu mwaka w’imikino 2021/22.

Mu kuzuza inzego, hatowe Rutaremara Jules nka visi perezida wa Kabiri wasimbuye Mukiza Richard na Mbonigaba Silas watorewe kuba Umunyamabanga Mukuru asimbuye Sam Karenzi.

Iyi nteko rusange yanagaragayemo umuyobozi w’Akarere, Mutabazi Richard, perezida w’ikipe, Gahigi n’abandi bafatanyije muri Komite y’ikipe.

Iyi kipe ifite amanota atandatu mu mikino ine imaze gukina. Yatsinzwe na Kiyovu Sports na Gasogi United, yo itsinda Étincelles FC na APR FC.

Abanyamuryango ba Bugesera FC mu nteko rusange
Komite Nyobozi ya Bugesera FC yujujwe!!

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?