BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umujyi wa Kigali wemeje ko ufasha Gasogi United

Umujyi wa Kigali wemeje ko ufasha Gasogi United

admin
Last updated: August 8, 2022 8:51 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwemeje ko ikipe ya Gasogi United iri mu zo ufasha.

Umujyi wa Kigali wemeje ko Gasogi United iri mu makipe ufasha

Umujyi wa Kigali ukomeje kugaragaza ubushake bwo gushyigikira siporo biciye mu makipe atandukanye ufasha.

Indi kipe benshi batari bazi, ni Gasogi United byemejwe na Meya Rubingisa Pudence ko yiyongereye mu zo basanzwe bafasha.

Ibi byavugiwe mu kiganiro n’abanyamakuru giheruka guhuza ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali n’itangazamakuru.

Meya yagize ati “Gahunda zacu ni uguteza imbere siporo. Ndagira ngo mbamenyeshe ko mu Mujyi dufitanye amasezerano na AS Kigali, Kiyovu Sports na Gasogi ariko noneho na AS Kigali abakobwa. Ubu tugiye gufatanya n’imikino y’intoki.”

Aha niho uyu muyobozi yavuze ko bagiye gufatanya na KVC Volleyball Club ndetse na Espoir Basketball Club.

Ati “Na KVC VC na Basket ya Espoir. Uko rero amikoro adushoboza tuzakomeza kwagura ibikorwa bya siporo.”

Ubwo bisobanuye ko Gasogi United yiyongereye ku zindi eshatu z’umupira w’amaguru, Umujyi wa Kigali wari usanzwe ufasha zirimo Kiyovu Sports, AS Kigali FC na AS Kigali WFC.

Gasogi United ni imwe mu zifashwa n’Umujyi wa Kigali
Ubuyobozi b’Umujyi wa Kigali bwemeje ko Gasogi United yiyongereye mu makipe bafitanye ubufatanye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Jjado says:
    August 8, 2022 at 10:51 am

    Hagombaga kubaho uburyo amakipe yose afashwa ku buryo bungana na Leta

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?