BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umuhungu wa Perezida Museveni yaje mu biruhuko mu Rwanda

Umuhungu wa Perezida Museveni yaje mu biruhuko mu Rwanda

admin
Last updated: October 15, 2022 2:40 pm
admin
Share
SHARE

Umuhungu wa Perezida wa Uganda, akaba n’umujyanama we mu by’umutekano, Gen Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ukwakira 2022, yageze i Kigali mu rugendo rwe rwa Kabiri agiriye mu Rwanda, kuva umubano hagati y’ibihugu byombi wongeye kuzahuka.

Jenerali Muhoozi ubwo yageraga ku kibuga cy’ indege mpuzamahanga cya Kigali

Aje mu Rwanda nyuma yo kwamburwa inshingano zo kuba umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka.

Gen Muhoozi yaherukaga guteguza Abanyarwanda ko agiye kuza mu rw’imisozi igihumbi kuharuhukira, avuga ko anakumbuye “Uncle” ashaka kuvuga Perezida Paul Kagame.

Kuri twitter yagize ati “Ibiruhuko nzabikorera mu rwuri rwe. Nzaragira Inyambo, mwigireho korora.”

 

Yafashije Uganda n’u Rwanda kwiyunga…

Mu myaka yashize igihugu cya Uganda n’u Rwanda ntibyacanaga uwaka ahanini bitewe no gushinjanya, Uganda yashinje u Rwanda kwivanga mu butegetsi n’ubutasi naho u Rwanda rugashinja Uganda gukorana n’abashaka guhungabanya umutekano warwo.

Jenerali Muhoozi kuva yaza mu Rwanda mu ntangiriro z’uyu mwaka akagirana Ibiganiro n’umukuru w’Igihugu, ibihugu byombi byongeye kurebana neza.

Muri Mutarama uyu mwaka ubwo yagiriraga uruzinduko rwe rwa mbere, yagaragaje ko ibihugu byombi byiteguye kuzahura umubano.

Yagize ati “Mfite cyizere ko ku bw’ubuyobozi bwa ba Perezida bacu bombi tuzashobora kubyutsa vuba umubano wacu mwiza umaze igihe kirekire.”

Yanashimye Perezida Kagame ku kubahiriza ubusabe bwe bwo gusubiza umusirikare wa Uganda, Private Ronald Arinda, ngo wari wayobeye ku butaka bw’u Rwanda ari muri gahunda ye bwite kandi nta ruhushya abifitiye.

Kuva icyo gihe ibintu byasubiye mu buryo gahoro gahoro ndetse imipaka yari imaze igihe ifunze irafungurwa.

Gen Muhoozi aheruka mu Rwanda muri Werurwe 2022, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rwasojwe Perezida Paul Kagame amugabiye inka z’Inyambo.

Yaje gutangaza ko inka Perezida Kagame yamugabiye ari 10. Icyo gihe bagiranye ibiganiro ku munsi wa mbere, ku wa Kabiri Lt Gen Muhoozi asura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi n’ibindi bice bya Kigali birimo Kigali Arena.

Gen Muhoozi yagaragaje ko ibiruhuko bye azabikorera mu Rwanda

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Nsengimana Joseph says:
    October 15, 2022 at 8:15 pm

    Yup Yup!

    Reply
  • Mirriam Sekele Kukkula says:
    October 16, 2022 at 6:28 pm

    Gen Muhoozi akomeje kwibazwaho mu karere! Uretse abategetsi b’Urwanda, nta kindi gihugu kimubona nk’umuntu wakwunga cyanga wabanisha neza igihugu iki n’iki na Uganda. Ibigambo ahuragura bitera buri wese kwibaza! Byageze n’aho ise Museveni ajya asaba imbabazi ibihugu umuhungu we yahemukiye cyanga yandagaje. Tugaruke ku Rwanda: Nabanje kwibaza ukuntu yerekanye ko Urwanda rutazi ibyo rurimo umunsi bivugwa ko yaje mu Rwanda umubano ugahita usubukurwa nyuma y’imyaka itatu hari ibibazo twitaga iby’ingutu. Yerekanye ko ntabyari bihari! Ariko hari umuvuno yaciye uzoreka igihugu. Ni “Operation Rudahirwa”! Umunyarwanda wese uzi ukuntu ubwami bwakandamije 85% by’abaturage bukoresheje ubuhake n’ikiboko, ariheba iyo yumvise bigiye kugaruka nk’uko Muhoozi yabihanuye! Birabe ibyuya!

    Reply
  • Anonymous says:
    October 17, 2022 at 9:12 am

    ubyumviriki se niba utabishaka ?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?