BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugore yasabye umuhungu we kuva mu bukwe nyuma yo kutishimira umukazana we

Umugore yasabye umuhungu we kuva mu bukwe nyuma yo kutishimira umukazana we

admin
Last updated: July 28, 2022 10:43 am
admin
Share
SHARE

Ni inkuru ikomeje kuvugisha abakoresha imbuga nkoranyambaga, aho umugabo ukomoka muri Tunisia yabenze umukobwa bari biyemeje kubana mu bukwe hagati nyuma yo kubisabwa na nyina amaze kubona ububi b’isura y’uwo mugeni n’indeshyo ye.

Lamia Al-Labawi yabenzwe ubukwe burimbanyije

Uyu musore utavuzwe amazina ariko amafoto ye arahari, akomeje kunengwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusabwa na nyina guhagarika ubukwe agasiga umugeni we aho ngaho.

Amakuru avuga ko uriya mukecuru (uwari kuba Nyirabukwe w’umukobwa wabenzwe) yari atarigeze abonana imbona nkubone n’uwo mukazana we, uretse kureba amafoto gusa.

Mu bukwe yaje kumubona, bugeze hagati abwira umuhungu we kuva mu birori kuko ngo “umugeni uretse kuba ari mubi ku isura ni namugufi”.

Amafoto agaragaza ubukwe butangiye, umugeni witwa Lamia Al-Labawi amwenyura mu ikanzu y’ubukwe, ariko uwari kuba umugabo we asa n’ufite ipfunwe ndetse yihanagura icyokere ku gahanga.

Uyu musore utatangajwe amazina mu bukwe yasaga n’ufite ipfunwe yihanagura icyokere

Lamia Al-Labawi nyuma yo kubengwa yavuze ibyamubayeho ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko ari imfubyi ndetse ko gutegura ubukwe bwe byamuhenze cyane.

Uyu mugeni avuga ko kubengwa muri buriya buryo byamubabaje ndetse akaba aterwa ikimwaro no kongera guhura n’abantu bazi ibye bamuvugaho.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje uyu mukobwa bamubwira ko yagize amahirwe akamenya uwari kuba umugabo we, kuko “nta mugabo umurimo” kubera kumvira nyina.

Umukinnyi w’ikinamico muri Tunisia witwa Hedi Mejri kuri Facebook yandikiye Lamia ubutumwa amubwira gukomera.

Ati “Ntabwo wabuze umugabo. Wabuze umuntu wari kuzakubera ikigeragezo mu buzima bwawe bwose. Usubiranye umunezero no kwisanzura.”

IVOMO: The Mirror

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Tuyizere Emile says:
    July 29, 2022 at 9:02 pm

    You don’t care him with you know him . Pole sana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?