BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugore wo mu cyaro afite imbogamizi yo kutabona igishoro

Umugore wo mu cyaro afite imbogamizi yo kutabona igishoro

admin
Last updated: October 17, 2022 10:48 am
admin
Share
SHARE

Huye: Bamwe mu bagore bo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye baravuga ko kuba badafite igishoro kibafasha kwiteza imbere bikiri imbogamizi ku iterambere ryabo.

Buri mwaka hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro

Leta y’u Rwanda ishishikariza umugore kwiyumvamo ko ashoboye, ikanasaba umugore kugira uruhare mu iterambere rye n’urugo rwe muri rusanze.

Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro, mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye ku rwego rw’igihugu, bamwe mu bagore batuye muri kariya gace bagaragaje imbogamizi yo kutagira igishoro binatuma batagera ku iterambere uko baryifuza.

Batakanwa Laurencia yagize ati “Abagore ba hano ntibabona  amafaranga  ngo batere imbere, kandi bayabonye bacuruza bikabafasha gutera imbere.”

Mukagahima Daphrose na we yavuze ko ubuyobozi bwabafasha kubona inkunga bakabona igishoro, bagakora bikabafasha kwiteza imbere.

Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof. Bayisenge Jeannette avuga ko mbere na mbere abagore bo mu cyaro bavuga ko bakeneye igishoro bakwiye kubanza kwiyumvamo icyizere, bakumva ko byose bishoboka bakagira ubushake bwo gukora, ubundi hakabaho gushyigikirwa na Leta n’abafatangabukorwa bayo kuko hari abo Leta ijya ifasha.

Ati “Bashyire n’izo mbaraga nkeya mu matsinda, bizigamire kandi ubona bitanga umusaruro abagore bagatera imbere n’imiryango yabo muri rusange, kandi nibakomeza gushyira hamwe bizatanga umusaruro.”

Kugeza ubu hari abagore bishyira hamwe bagakora, Leta n’abafatangabukorwa bayo bakabaha inkunga, hari abagore kandi ku giti cyabo bafashe iya mbere bagana banki zirabaguriza bibafasha kwiteza imbere.

Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof. Bayisenge Jeannette

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?