BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umugore wa Thomas Sankara yamaganye imbabazi za nyirarureshwa yasabwe na Compaoré

Umugore wa Thomas Sankara yamaganye imbabazi za nyirarureshwa yasabwe na Compaoré

admin
Last updated: July 29, 2022 1:47 am
admin
Share
SHARE

Mu gihe Burkina Faso ishyize imbere ubumwe n’ubwiyunge, ndetse Blaise Compaoré wayoboye kiriya gihugu akaba aherutse kugisubiramo avuye mu buhungiro ariko nyuma agasubirayo, yaje gusaba imbabazi umuryango wa Thomas Sankara, urukiko rwemeje ko ari we wamuhitanye.

Mariam Sankara umupfakazi wasizwe na Thomas Sankara (RFI)

Umugore wa Thamas Sankara, Mariam Sankara, ndetse na Paul Sankara murumunama wa Thomas Sankara bamaganiye kure izo mbobazi bemeza ko ari ukwiyerurutsa.

Mariam Sankara yabwiye TV 5 Monde ati “Buriya si bwo buryo bwo gusaba imbabazi, ntabwo basabira imbabazi mu binyamakuru iyo aba ashaka imbabazi hari ubundi buryo yari kubikora. Turi Abanyafurika tuzi uko basaba imbabazi, yari kuvuga ibyo yakoze, none arababarirwa iki? Ni uburyo bwo kugira ngo agaruke mu gihugu.”

Blaise Compaoré muri Mata 2022 yahamijwe ibyaha byo kwica Thomas Sankara ndetse akatirwa adahari igifungo cya burundu. Ni urubanza rwatinze kuko ku gihe cy’ubutegetsi bwa Blaise Compaoré yari yaranze ko ruburanishwa.

Intumwa zavuye muri Cote d’Ivoire ku wa Kabiri zahuye na Perezida w’Inzibacyuho, Col. Paul-Henri Sandaogo Damiba, wafashe ubutegetsi muri Coup d’Etat bahuriye ahitwa Kosyam.

Umukobwa wa Blaise Compaoré, witwa Djamila Compaoré, yari kumwe na Minisitiri Ally Coulibaly, umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Alassane Ouattara wa Cote d’Ivoire.

Ibaruwa ya Blaise Compaoré yanditse tariki 8 Nyakanga, 2022 uyu yasabye imbabazi imiryango yose yahemukiwe mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Ndetse yasabye imbabazo umuryango wa Thomas Sankara.

Abo kwa Sankara bavuga ko batakwemera gutanga izo mbabazi kuko ngo Blaise Compaoré yari kwiyizira kuzisaba ndetse bakabona ko ari we koko wanditse iyo baruwa aho gutuma umukobwa we.

Urukiko rwahannye abishe Thomas Sankara

IVOMO: JeuneAfrique

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?