BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo w’i Rusizi inyama yamuhejeje umwuka

Umugabo w’i Rusizi inyama yamuhejeje umwuka

admin
Last updated: December 29, 2022 8:08 am
admin
Share
SHARE

Umugabo witwa Sibobugingo Athanase wari ucumbitse mu Mudugudu wa Giheke,Akagari ka Wimana mu Murenge wa Giheke mu Karere ka Rusizi yamize inyama imuheza umwuka iramuhitana.

Ibi byabaye ku wa 28 Ukuboza 2022 ubwo uyu mugabo yageraga mu rugo agasanga mugenzi we atetse inyama akuramo imwe arayirya imuhagama mu muhogo.

Iyo nyama yamuhejeje umwuka guhumeka biba ingorabahizi, yihutanwa ku Kigo Nderabuzima, ahageze ahita yitaba Imana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giheke, Hategekimana Claver yahamirije UMUSEKE urupfu rwa Sibobugingo Athanase.

Yagize ati ” Ayo makuru niyo, byabaye ahagana saa moya z’umugoroba, bibera mu Mudugudu wa Giheke mu Kagari ka Wimana, yajyanwe ku bitaro bya Gihundwe, yapfuye kuriya ntabwo twahita tumushyingura.”

Umurambo wa Nyakwigendera wari umukozi w’ikigo cya WASAC uri mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe mu gihe bategereje gushyingura.

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Rusizi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • bwahika says:
    December 29, 2022 at 12:20 pm

    Urupfu tugendana narwo.Tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba muli Matayo 6,umurongo wa 33,tujye dushaka ubwami bw’imana mbere ya byose,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko bible ivuga.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Soma Abagalatiya 6 umurongo wa 8.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

    Reply
  • NDUWIMANA.Cyriaque says:
    December 29, 2022 at 8:33 pm

    Ndahojeje.umuryang.wiwe.wihangane.ntakundi.urupfu.turagendana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?