BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo wari wararanye n’umugore utari uwe yapfuye amarabira babyutse

Umugabo wari wararanye n’umugore utari uwe yapfuye amarabira babyutse

admin
Last updated: August 5, 2022 9:42 am
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu haravugwa inkuru y’urupfu rw’umugabo rwabaye amaze umwanya abyutse mu nzu zicumbira abagenzi “lodge”, amakuru avuga ko we n’umugore bararanye babyutse ari bazima.

Muri Kwetu Bar ni ho uriya mugabo yari yaraye (Ifoto IRIBA NEWS)

Iyi nkuru yamenyekanye ku wa Kane tariki 04 Kanama.

Umuyobozi wahaye amakuru UMUSEKE avuga ko uriya mugabo yabyutse ari kumwe n’umugore bararanye ari bazima ndetse ngo umukozi ukora isuku yasanze bombi ari bazima.

Ngo umugore wararanye n’uriya mugabo yaje kuva aho muri icyo cyumba ajya gushaka amafaranga yo kwishyura lodge kuko umugabo yinjiramo yagwatirije telefoni ye avuga ko azishyura bukeye.

Uwamahoro Diane, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kivumu, yabwiye UMUSEKE ko uriya mugabo yari yavuye mu Kagari ka Bugoyi mu Murenge wa Gisenyi, aho atuye ajya kuri lodge yitwa Kwetu ari naho yararanye n’uriya mugore.

Ati “Nyuma y’uko umugore waraye muri loge agiye, nyiri icumbi yaraje bamubwira ko hari umugabo uryamye utishyuye, ariko ko umugore bararanye yagiye kuzana amafaranga, yinjiye mu nzu ahamagaye umuntu yumva ntavuga, ahamagara Polisi na RIB bazanye umuganga ngo apime asanga undi yapfuye.”

Nyakwigendera Ndegamiye Juma ngo yakoraga akazi k’ubuvunjayi. Umugore bararanye azwi ku izina rya Fanny, ndetse amakuru avuga ko bigeze kubana ariko uwo mugabo yari afite undi mugore.

Inkuru y’urupfu rw’uriya mugabo yamenyekanye ahagana saa munani z’amanywa.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B Thierry yabwiye UMUSEKE ko batangiye gukora iperereza.

Mu butumwa bugufi ati “RIB yatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba kishe Ndegamiye Djuma. Hafashwe ibimenyetso bitandukanye byasanzwe aho umurambo wari uri. Ibyo bimenyetso byoherejwe muri Rwanda Forensic Laboratory gupimwa. Ibizava mu iperereza tuzabibamenyesha.”

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?