BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo wari wararanye n’umugore utari uwe yapfuye amarabira babyutse

Umugabo wari wararanye n’umugore utari uwe yapfuye amarabira babyutse

admin
Last updated: August 5, 2022 9:42 am
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu haravugwa inkuru y’urupfu rw’umugabo rwabaye amaze umwanya abyutse mu nzu zicumbira abagenzi “lodge”, amakuru avuga ko we n’umugore bararanye babyutse ari bazima.

Muri Kwetu Bar ni ho uriya mugabo yari yaraye (Ifoto IRIBA NEWS)

Iyi nkuru yamenyekanye ku wa Kane tariki 04 Kanama.

Umuyobozi wahaye amakuru UMUSEKE avuga ko uriya mugabo yabyutse ari kumwe n’umugore bararanye ari bazima ndetse ngo umukozi ukora isuku yasanze bombi ari bazima.

Ngo umugore wararanye n’uriya mugabo yaje kuva aho muri icyo cyumba ajya gushaka amafaranga yo kwishyura lodge kuko umugabo yinjiramo yagwatirije telefoni ye avuga ko azishyura bukeye.

Uwamahoro Diane, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kivumu, yabwiye UMUSEKE ko uriya mugabo yari yavuye mu Kagari ka Bugoyi mu Murenge wa Gisenyi, aho atuye ajya kuri lodge yitwa Kwetu ari naho yararanye n’uriya mugore.

Ati “Nyuma y’uko umugore waraye muri loge agiye, nyiri icumbi yaraje bamubwira ko hari umugabo uryamye utishyuye, ariko ko umugore bararanye yagiye kuzana amafaranga, yinjiye mu nzu ahamagaye umuntu yumva ntavuga, ahamagara Polisi na RIB bazanye umuganga ngo apime asanga undi yapfuye.”

Nyakwigendera Ndegamiye Juma ngo yakoraga akazi k’ubuvunjayi. Umugore bararanye azwi ku izina rya Fanny, ndetse amakuru avuga ko bigeze kubana ariko uwo mugabo yari afite undi mugore.

Inkuru y’urupfu rw’uriya mugabo yamenyekanye ahagana saa munani z’amanywa.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B Thierry yabwiye UMUSEKE ko batangiye gukora iperereza.

Mu butumwa bugufi ati “RIB yatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba kishe Ndegamiye Djuma. Hafashwe ibimenyetso bitandukanye byasanzwe aho umurambo wari uri. Ibyo bimenyetso byoherejwe muri Rwanda Forensic Laboratory gupimwa. Ibizava mu iperereza tuzabibamenyesha.”

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?