BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umugabane wa Afurika wakoze amateka mu gikombe cy’Isi

Umugabane wa Afurika wakoze amateka mu gikombe cy’Isi

admin
Last updated: November 15, 2022 11:13 am
admin
Share
SHARE

Amakipe atanu y’Ibihugu ahagarariye umugabane wa Afurika mu gikombe cy’Isi kizabera muri Qatar, azaba atozwa n’abatoza bose bakomoka ku mugabane wa Afurika.

Umugabane wa Afurika uzaba uhagarariwe n’abatoza batanu bawukomokaho

Ni bwo bwa Mbere aya mateka agiye kwiyandika ku Mugabane wa Afurika, ubusanzwe bimwe mu bihugu byo muri Afurika byitabiraga Igikombe cy’Isi byabaga bifite abatoza bakomoka ku yindi Migabane itari Afurika gusa.

Kuri iyi nshuro, Ibihugu bitanu byose bihagarariye Afurika bizaba bitozwa n’abakomoka kuri uyu Mugabane.

Abo batoza ni Rigobert Song utoza Cameroun, Aliou Cissé utoza Sénégal, Walid Regragui utoza Maroc, Otto Addo utoza Ghana na Jalel Kadri utoza Tunisie.

N’ubwo aba batoza bazaba bari mu nshingano, ntabwo ari ko bose bahesheje itike yo kwitabira iyi mikino, amakipe y’Ibihugu bazaba batoza kuko nko muri Maroc yabonye itike iri kumwe na Vahid Halilhodzic.

Igikombe cy’Isi kizatangira ku Cyumweru tariki 20 Ugushyingo 2022, kizakinwa n’amakipe 32.

UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?