BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umudepite w’umugore yakubiswe urushyi n’umugabo “bafitanye ibibazo”

Umudepite w’umugore yakubiswe urushyi n’umugabo “bafitanye ibibazo”

admin
Last updated: December 2, 2022 11:25 am
admin
Share
SHARE

Muri Senegal, ubwo imirimo y’inteko yari irimbanyije, Umudepite w’umugabo uri mu batavuga rumwe na Leta, yasanze Depite w’umugore “bafitanye ibibazo” aho yicaye amukubita urushyi.

Uyu mudepite w’umugabo yaje gusanga mugenzi we w’umugore amukubita urushyi

Imvururu zahise zivuka, umugore na we afata intebe arayimujugutira mu buryo bwo kwihorera nk’uko bigaragara mu mashusho.

Urubuga AfricaNews.fr ruvuga ko amakimbirane hagati ya bariya badepite yavuye ku magambo “uriya mugore yavuze” ku muyobozi w’Idini ya Islam ushyigikiye abatavuga rumwe na Leta, mugenzi we umufana, ayafata nk’igitutsi

Ku wa Kane, umudepite utavuga rumwe na Leta, yasanze umudepite w’umugore witwa Amy Ndiaye amukubita urushyi, amuziza ibyo yavuze.

Amashusho agaragaza umudepite w’umugabo aryamye hasi nyuma yo guterwa intebe, akaba yarimo akiza ubu bushyamirane hagati y’Abadepite batavuga rumwe na Leta, n’abo mu ishyaka riri ku butegetsi.

Imirwano yabaye ubwo Abadepite batoraga ingengo y’imari izagenerwa Ministeri y’Ubutabera, mu mwaka wa 2023.

Uburakari bwa Depite utavuga rumwe na Leta, ngo bwatewe n’amagambo Depite w’umugore, Amy Ndiaye yavuze ku muyobozi w’idini, Serigne Moustapha Sy, utari Umudepite ariko akaba ashyigikiye abatavuga rumwe na Leta.

Depite Amy Ndiaye ku itariki 27 Ugushyingo, 2022 ngo yavuze ko uriya muyobozi w’Idini yarenze ku magambo ye, ndetse akaba atubaha Perezida Macky Sall.

Umwe mu Badepite batavuga rumwe na Leta, witwa Abba Mbaye avuga ko uruhande rwabo rutazasubira mu mirimo y’Inteko kugera igihe uriya mugenzi wabo w’Umugore, azasaba imbabazi ku magambo ye.

Abadepite bashyigikiye Leta, ndetse n’imiryango irwanya ihohotera rikorerwa abagore, bamaganye kiriya gikorwa Depite w’umugabo yakoze akubita mugenzi we w’umugore urushyi, dore ko muri iki gihugu hari hatangijwe ubukangurambaga bwo kurwanya ihohotera rikorerwa abagore n’abakobwa.

Ubusanzwe Senegal gifatwa nk’igihugu kigendera kuri demokarasi muri Africa y’Iburengerazuba, ibihugu byinshi byayogojwe n’ihirikwa ry’ubutegetsi rya hato na hato.

Uyu mudepite uryamye hasi, yaguye amaze gukubita umugeri mu nda uriya mugore

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?