BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Ukuri ku byangombwa bihimbano byavuzwe kuri Ahmed Adel

Ukuri ku byangombwa bihimbano byavuzwe kuri Ahmed Adel

admin
Last updated: October 6, 2022 10:19 am
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru wa Gasogi United, Ahmed Adel ukomoka mu Misiri, yahakanye ko akoresha ibyangombwa by’ibihimbano nk’uko byavuzwe.

Ahmed Adel yahakanye ko akoresha ibyangombwa bihimbano

Kuwa Gatatu tariki ya 5 Ukwakira 2022, ni hasakaye amakuru avuga ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika [CAF] yahagaritse abatoza batatu barimo Umunya-Tunisia Rafik Mhamdi, Umunya-Maroc Youssef Rossi n’Umunyamisiri Ahmed Adel.

Hakibonwa izina ririmo Umunya-Misiri witwa Ahmed Adel, benshi bibajije ko yaba ari umutoza mukuru wa Gasogi United, ariko nyiri ubwite yabyamaganiye kure ndetse ababazwa n’ibyo itangazamakuru ryo mu Rwanda ryamuvuzeho.

Ahmed Adel akomeza avuga ko uruhushya rwe ari urwa kera, kandi ugereranyije n’urw’uwahagaritswe, zasinyweho n’abantu batandukanye.

Ati “Natunguwe cyane n’itangazamakuru ryo mu Rwanda. Bashobora kuvuga bati inkuru igezweho ariko ntushyireho ifoto yanjye.”

Yongeyeho ati “Aya makuru nayabonye. Icyemezo cya CAF nicyo, ariko ntabwo ari njyewe, ni undi mutoza na we witwa nk’ayo mazina Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim. Uruhushya rwe [uwahagaritswe] yaruboneye muri Burkina Faso, urwanjye naruboneye mu Misiri.”

Licence y’uyu mugabo utoza Gasogi United iranditse, ndetse yakorewe i Cairo mu Misiri ku itariki 19 Nyakanga 2016, isinywaho n’uwitwa Hicham El Amrani wahoze ari Umunyamabanga wa CAF. Yasinyweho kandi n’uwahoze ari Perezida wa CAF, Issa Hayatou.

Aba uko ari batatu bahagaritswe imyaka itanu batagaragara mu bikorwa bya ruhago, bazira gukoresha ibyangombwa bihimbano.

Itangazo rihagarika aba batoza ryashyizweho umukono na Perezida w’Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF, Raymond Hack.

Perezida wa Gasogi United, KNC, yunze mu ry’umutoza w’ikipe abereye umuyobozi, avuga ko umutoza wahagaritswe atari uyu.

Ahmed Adel yageze muri Gasogi United nk’umutoza mukuru muri Nyakanga 2022. Yanyuze mu makipe atandukanye arimo Musanze FC yabayemo mu 2020, na Panthère du Ndé yo muri Cameroun.

Ahmed yikomereje akazi atitaye ku bindi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?