BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uko igitero cya Ukraine cyahitanye abasirikare benshi b’Uburusiya

Uko igitero cya Ukraine cyahitanye abasirikare benshi b’Uburusiya

admin
Last updated: January 3, 2023 1:44 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Ukraine yashinje Uburusiya gutegura ibitero by’igihe kirekire hifashishijwe indege zitagira abapilote mu rwego rwo guhungabanya igihugu cye, ibirgo bije nyuma y’uko ingabo za Ukraine zigambye kwica abasirikare 400 b’Uburusiya.

Uburusiya bwavuze ko bwatakaje abasirikare 63 mu gitero cy’ingabo za Ukraine

Volodymyr Zelensky yavuze ko amakuru yahawe n’inzego z’ubutasi yemeza ko Uburusiya bwateguye ibitero bya Drones zakorewe muri Iran.

Ibi birego bije nyuma yaho Ukraine yigambye ko yateye ibisasu bigahitana abasirikare magana b’Abarusiya bari mu gace kitwa Donbas.

Uburusiya bwavuze ko icyo gitero cy’ingabo za Ukraine cyahitanye abasirikare babwo 63.

Ukraine yavuze ko yarashe ibisasu bya misile mu gace ka Donetsk, bihitana abasirikare 400 b’Uburusiya.

Nta ruhande rwigenga ruremeza iyi mibare, gusa Uburusiya bwavuze ko abasirikare 63 ari bo bapfuye.

Igitero cyo ku Cyumweru, ingabo za Ukraine zarashe inzu iri mu mujyi wa Makiivka yarimo abasirikare benshi b’Uburusiya

Uburusiya bwavuze kuri uyu wa Mbere binyujijwe muri Minisiteri y’ingabo ko igisirikare cya Ukraine cyakoresheje intwaro zakorewe muri America zitwa Himars zirasa inzu yarimo abasirikare b’Abarusiya.

Itangazo rivuga ko misile ebyiri zashanyujwe zitaragera kuri iyo nzu.

Uwitwa Igor Girkin, wandika ashyigikiye Uburusiya yavuze ko abasirikare amagana bishwe abanda benshi barakomereka, nubwo nta mibare yatanze.

Yavuze ko inzu yarimo abasirikare b’Uburusiya yashyizwe hasi yose.

Girkin yavuze ko abasirikare barashwe ari aboherejwe ku rugamba, ndetse ko ububiko bw’intwaro zabo bwari muri iyo nzu nabwo bwarashweho burasenywa.

Ubusanzwe BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ari gake Uburusiya bwemera imibare y’abasirikare bwatakarije ku rugamba, bika ari ubwa mbere bwemeye ko hapfuye abantu benshi kuriya.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • bwahika says:
    January 3, 2023 at 11:28 am

    Senior Geostrategists and Military Generals,barimo Dr William PERRY (a.k.a. Dr Doomsday) wahoze ari Minister of Defense wa America na General Mark Milley utegeka ingabo za Amerika zose (Chairman of the Joint Chiefs of Staff),bahamya ko ibirimo kubera mu isi bitujyana ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo noneho bazarwanisha atomic bombs isi yose igashira.Gusa icyo batazi nuko Imana irimo kubacungira hafi.Ntabwo yakwemera ko batwika isi yiremeye.Ahubwo nkuko Zaburi 46,umurongo wa 9 havuga,izabatanga itwike intwaro zose z’intambara.Kandi izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Ibyo bizaba ku munsi bible yita Armageddon ushobora kuba wegereje,iyo urebye ibintu birimo kubera ku isi bifite ubukana kurusha ibyali bisanzwe.

    Reply
    • I says:
      January 4, 2023 at 8:51 am

      Ncuti;
      Isi yaremwe N’IMANA rero si ikibumbano cy’umuntu: ntawayisenya.. twe twapfa ariko isi ni ISI.

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?