BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

admin
Last updated: August 11, 2022 8:04 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere muri Ukraine bwemeje ko indege z’intambara z’Uburusiya zatokombeye ahaturikiye ibisasu mu Ntara ya Crimea.

Ukraine ivuga ko nta ruhare ifite mw’iturika ry’ibisasu byangije ibikoresho byintambara by’Uburusiya

Umuvugizi w’ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine yatangaje ko “Ukurikije amashusho twabonye ku mbuga nkoranyambaga biragaragara ko ububiko bwabo bw’amasasu bwaturitse.”

Avuga ko ibisasu byo mu bwoko bwa Su-34 n’indege za Su-24 byibasiwe, ndetse na kajugujugu zatokombeye.

Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya ishimangira ko ibisasu byaturikiye mu bubiko ariko nta “nkurikizi y’umuriro” yabayeho.

Mykhailo Podolyak umukozi muri Perezidansi ya Ukraine yahakanye uruhare rwabo muri iri turika ry’ibisasu ryangijwe ibikoresho by’intambara by’Uburusiya.

Igitero icyo ari cyo cyose cyagabwa kuri Crimée na Ukraine cyafatwa nk’icyaha gikomeye cyatuma Uburusiya bwibasira birenze urugero kiriya gihugu.

Uwahoze ari Perezida w’Uburusiya Dimitry Medvedev mu kwezi gushize yatangaje ko “Umunsi w’urubanza uzahita wegereza” mu gihe Ukraine yahirahira kwibasira Crimea.

Ishami ry’ubuzima rya Crimea ryatangaje ko umusivili umwe yapfuye, mu gihe undi muntu umwe ari kuvurwa ibikomere bikaze naho abandi batanu bakomeretse byoroheje.

Uburusiya bwigaruriye Crimea muri Ukraine mu 2014 maze ikoreshwa nk’ibirindiro byo kugaba ibitero kuri Ukraine yibasiwe n’intambara.

Indege z’intambara z’Uburusiya zikoresha crimea nk’ibirindiro mu gutera uduce two mu majyepfo ya Ukraine.

IVOMO: BBC

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?