BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

admin
Last updated: August 11, 2022 8:04 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere muri Ukraine bwemeje ko indege z’intambara z’Uburusiya zatokombeye ahaturikiye ibisasu mu Ntara ya Crimea.

Ukraine ivuga ko nta ruhare ifite mw’iturika ry’ibisasu byangije ibikoresho byintambara by’Uburusiya

Umuvugizi w’ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine yatangaje ko “Ukurikije amashusho twabonye ku mbuga nkoranyambaga biragaragara ko ububiko bwabo bw’amasasu bwaturitse.”

Avuga ko ibisasu byo mu bwoko bwa Su-34 n’indege za Su-24 byibasiwe, ndetse na kajugujugu zatokombeye.

Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya ishimangira ko ibisasu byaturikiye mu bubiko ariko nta “nkurikizi y’umuriro” yabayeho.

Mykhailo Podolyak umukozi muri Perezidansi ya Ukraine yahakanye uruhare rwabo muri iri turika ry’ibisasu ryangijwe ibikoresho by’intambara by’Uburusiya.

Igitero icyo ari cyo cyose cyagabwa kuri Crimée na Ukraine cyafatwa nk’icyaha gikomeye cyatuma Uburusiya bwibasira birenze urugero kiriya gihugu.

Uwahoze ari Perezida w’Uburusiya Dimitry Medvedev mu kwezi gushize yatangaje ko “Umunsi w’urubanza uzahita wegereza” mu gihe Ukraine yahirahira kwibasira Crimea.

Ishami ry’ubuzima rya Crimea ryatangaje ko umusivili umwe yapfuye, mu gihe undi muntu umwe ari kuvurwa ibikomere bikaze naho abandi batanu bakomeretse byoroheje.

Uburusiya bwigaruriye Crimea muri Ukraine mu 2014 maze ikoreshwa nk’ibirindiro byo kugaba ibitero kuri Ukraine yibasiwe n’intambara.

Indege z’intambara z’Uburusiya zikoresha crimea nk’ibirindiro mu gutera uduce two mu majyepfo ya Ukraine.

IVOMO: BBC

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?