Abategetsi bo muri Ukraine bavuga abantu umunani bapfuye, abandi barenga 30 bakomerekera mu gitero kinini cya misile z’indege nto z’intambara zitagira umupilote (drone) Uburusiya bwagabye ku murwa mukuru Kyiv no mu bindi bice bitandukanye.
Abayobozi bo mu bice bitandukanye bya Ukraine bemeje abo umunani barimo bane bo mu karere ka Khmelnytskyi, batatu bo muri Kyiv, ndetse n’umwe mu mujyi wa Mykolaiv uri mu majyepfo.
Ibi byabaye nyuma y’umunsi umwe Kyiv ihuye n’ibitero bikomeye cyane kuva intambara yatangira muri Gashyantare 2022, aho u Burusiya bwagabye ibitero bya drones 250 n’ibisasu bya missile birenga 14.
Ni mu gihe Minisiteri y’Umutekano y’u Burusiya yavuze ko ingabo z’iki gihugu zirwanira mu kirere zaburijemo ibitero bya drones 95 za Ukraine. Bivugwa ko ibi bitero byari kwibasira ibice bitandukanye birimo na Moscow.