BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, May 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Uhagarariye u Rwanda muri Loni yatangiye imirimo ye

Uhagarariye u Rwanda muri Loni yatangiye imirimo ye

sam
Last updated: May 23, 2025 9:24 am
sam
Share
SHARE

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Loni.

Amb Ngoga yavuze ko yakiriye neza inshingano yahawe, anizeza kuzikora mu buryo buteza imbere ibitekerezo bihuriweho.

Agiye guhagararira u Rwanda asimbuye Amb Rwamucyo wari Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni kuva mu Ukwakira 2023, nyuma yo gusimbura kuri uwo mwanya Amb Gatete Claver.

Mbere yuko ahabwa inshingano zo guhagararira u Rwanda, Amb Ngoga yari asanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya.

Ambasaderi Martin Ngoga yavukiye muri Tanzania, mu mwaka wa 1968.

Niho yize amashuri kugeza arangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’amategeko. Yatangiriye akazi muri Minisiteri y’Ubutabera ya Tanzania.

Martin Ngoga yanakoze mu biro by’Umushinjacyaha Mukuru wa Tanzania, nk’uwimenyereza umwuga.

Martin Ngoga ageze mu Rwanda, yakoze mu Bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.

Yaje kuzamurwa mu ntera yoherezwa guhagararira u Rwanda mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania.

Yagizwe kandi Umushinjacyaha mukuru wungirije nyuma yo gutora Itegeko Nshinga no kuvugurura inzego z’ubutabera.

Hashize imyaka ibiri gusa yongeye kuzamurwa mu ntera aba Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda.

Mbere gato yo kujya guhagararira u Rwanda muri EALA, Ngoga yayoboye Komisiyo yacukumbuye uruhare rwa BBC ku gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Bwari ubucukumbuzi bushingiye muri filimi “Rwanda: The Untold Story”.

Martin Ngoga yabaye muri siporo y’u Rwanda mu mupira w’amaguru ndetse yanabaye Visi Perezida wa FERWAFA. Icyo gihe iri shyirahamwe ryaborwaga na Gen Jean Bosco Kazura.

Muri 2019, Ngoga yashyizwe mu itsinda ry’inzoberere mu mupira w’amaguru. Ni itsinda ryashyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Kwari ukugira ngo ririya tsinda rifashe gukora amavugurura mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika.

Martin Ngoga yatorewe kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire ka FIFA nk’uko mu Nteko Rusange ya 75 y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amagaru ku Isi (FIFA).

Tariki ya 15 Gicurasi 2025, iyi nama yabereye i Asunción muri Paraguay , hatorwa abazayobora Akanama gashinzwe Imyitwarire mu myaka ine iri imbere.

Martin Ngoga yatowe nk’Umuyobozi wako, yungirizwa na Bruno De Vita na Parasuraman Subramanian, muri manda y’imyaka ine.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Bishop Gafaranga afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Habiyambere Zacharie yategetswe gufungwa iminsi 30 y'agateganyo nyuma y'uko urukiko rw'ibanze rwa…

Uhagarariye u Rwanda muri Loni yatangiye imirimo ye

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, impapuro zimwemerera…

Abanyamahanga batatu bakekwaho ubucuruzi bw’amafara butemewe  batawe muri yombi

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu b’abanyamahanga…

Se wabo wa Muhoozi yiyemeje ko agiye kumucyebura akamushyira ku murongo

Murumuna wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho…

DRC: Sena  yatoye kwambura ubudahangarwa Joseph Kabila

Sena ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwaka ubudahangarwa Uwahoze ari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda n’u Bufaransa baganiriye ku kibazo cy’umutekano mu karere

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku Mutekano muri Afurika (ISCA).

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Amerika yashyikirije u Rwanda na DRC umushinga w’amasezerano y’amahoro

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?