BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uganda ntishaka intambara muri Congo, irifuza ko habaho ibiganiro

Uganda ntishaka intambara muri Congo, irifuza ko habaho ibiganiro

admin
Last updated: November 4, 2022 12:33 am
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda, Lt Gen Peter Elwelu, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gufasha Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurwanya imitwe yose itemewe ihabarizwa, ariko ko ibigaro n’amahoro  muri Congo ari byo yo ishyize imbere .

Lt Gen Peter Elwelu, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gufasha Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ibi uyu mugaba mukuru wungirije yabitangaje ku wa 03 Ugushyingo 2022, ubwo yagiranaga ibiganiro n’abahagarariye Ubumwe bw’Uburayi, byabereye muri Minisiteri y’Umutekano, n’abasezerewe mu ngabo, ifite icyicaro i Mbuya.

Iri tsinda ryari riyobowe n’umujyana wungirije w’uhagarariye ububanyi n’Amahanga mu Bumwe bw’Uburayi ushinzwe ibibera mu karere k’ibiyaga bigari, mu ihembe rya Afurika no mu Burengerazuba bw’inyanja y’Abahinde, Charles Stuart, aho baganiriye ku mutekano muri Somalia ndetse no mu Burasirazuba bwa Congo.

Uburasirazuba bwa Congo bukomeje kuba indiri y’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’urusaku rw’imbunda, ari na ko n’abaturage bava mu byabo. Umutwe wa M23 na wo ukomeje kotsa igitutu ingabo za Leta, FARDC, unigarurira tumwe mu duce twa Congo.

Uganda ni kimwe mu gihugu cyohereje ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kugarurayo amahoro.

Lt Gen Elwelu aganira n’iryo tsinda rya EU, yavuze ko Uganda yiteguye gukorana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugeza igihe imitwe yose itemewe ihakorera itsinzwe.

Agaruka ku mutwe wa M23 uri kurushaho gusatira umujyi wa Goma, Elwelu, yatangaje ko Uganda yifuza ko habaho ibiganiro no gushaka amahoro muri RD. Congo.

Abanye-Congo bakomeje gushyira mu majwi u Rwanda na Uganda babishinja gushyigikira umutwe M23 rwihishwa, ariko ibi bihugu birabihakana.

Uyu musirikare mukuru mu ngabo za Uganda, agaruka kuri iki kibazo, yashimangiye ko “Uganda itashyigikira  M23 kuko byakwangiza umubano wayo na Congo ndetse ko kubera uwo mubano, byatumye bohereza ingabo muri Congo.”

Lt Gen Peter Elwelu yongeyeho ko “M23 yagakwiye gusubira mu birindiro byayo, mu gihe itegereje ko habaho ibiganiro.”

Yavuze ko umutwe wa M23 uzi neza ko mu gihe ingabo z’Akarere zaba zifashe icyemezo cyo kuwurwanya, bitafata amasaha makumyabiri n’ane utaratsindwa.

Uyu mutegetsi yavuze kandi ko akarere gakeneye gukorera hamwe mu guharanira amahoro n’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ko byatanga umusaruro kurushaho uyu mutwe  w’ingabo   ukoranye n’umuryango mpuzamahanga.

Uhagarariye Ubumwe bw’Uburayi EU, Charles Stuart yatangaje ko bashyigikiye  umutwe w’ingabo z’Akarere zizajya muri Congo kurinda ibikorwa remezo no gutuma imipaka yongera kuba urujya n’uruza, ibintu bizagirira inyungu n’abaturanyi ba Congo.

Umutwe wa M23 wo ukomeje gutsimbarara ko udashobora kuva ku izima mu gihe cyose leta itarubahiriza ibyo bumvikanye mu masezerano y’amahoro.

ISOOKO: UPDF Website

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • None says:
    November 4, 2022 at 7:30 am

    Nabo bakwiye kuvugana na ADF ikababwira ibyo yifuza amahoro akaboneka

    Reply
  • Pingback: M23 si umutwe w’ibyihebe, barwanira uburenganzira bwabo – Gen Muhoozi – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR 7 bari mu mashyamba ya RDC

Abarwanyi 7 b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?