BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

sam
Last updated: May 21, 2025 2:56 pm
sam
Share
SHARE

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare kuburanisha imanza z’abasivile.

Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu ntibumva neza iby’iri tegeko, bavuga ko Leta igiye kurikoresha igamije kumvisha abatari ku ruhande rwayo.

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda ibinyujije kuri X yatangaje ko iri tegeko ryatowe ku wa 20 Gicurasi 2025.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba yashimiye abagize Inteko Ishinga Amategeko avuga ko “uyu munsi mugaragaje ko mudatinya. Uganda izahora izirikana umuhate wanyu.”

Umuvugizi w’Ingabo muri Uganda, Chris Magezi, yatangaje ko iri tegeko rizafasha kurwanya abantu bakoresha intwaro mu buryo bunyuranye n’amategeko, kurwanya ishingwa ry’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya ubutegetsi bwashyizweho mu nzira za demokarasi no guhamya ko umutekano wubakiye ku musingi uhamye.

Iri tegeko ritegereje kubanza gusinywaho na Perezida Yoweri Kaguta Museveni rikabona gutangira gukurikizwa.

Muri Mutarama 2025 Urukiko rw’Ikirenga rwari rwategetse ko urubanza rwa Dr Kiiza Besigye ukurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo bunyuranye n’amategeko rusubizwa mu nkiko za gisivile kuko kumuburanishiriza mu nkiko za gisirikare binyuranye n’itegeko.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

 U Bufaransa bwahagaritse iperereza bwakoraga kuri Agathe Kanziga

4 Min Read
Ubutabera

Ubushinjacyaha bwasabiye Fatakumavuta guhanishwaa igifungo cy’imyaka icyenda

2 Min Read
Ubutabera

DRC: Umusirikare warasiye mu rusengero abantu batatu  barimo ‘umwana w’amezi 4’ yagejejwe imbere y’ubutabera.

2 Min Read
Ubutabera

Umugabo akurikiranweho kwica umwana we w’imyaka 11

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?